Ikipe y’umukino w’intoki ya Polisi y’u Rwanda yatwaye Shampiyona y’uyu mwaka, kuri iki cyumweru tariki 18 Ukwakira irerekeza i Nador mu gihugu cya Morocco guhagararira u Rwanda muri Shampiyona Nyafurika y’uyu mukino.
Aya marushanwa ahuza gusa amakipe yo mu bihugu by’uyu mugabane yegukanye Shampiyona y’uyu mukino, imikino y’iyi Shampiyona Nyafurika ikaba izakinwa kuva ku wa 21 kugeza ku wa 30 Ukwakira 2015.
Iyi ni inshuro ya gatatu ikipe y’umukino w’intoki ya Polisi y’u Rwanda igiye guhagararira u Rwanda nyuma yo kumara imyaka itatu yikurikiranya itwara Shampiyona y’uyu mukino mu Rwanda.
Umutoza wayo Sgt Albert Sibomana ajyanye n’abakinnyi 14 guhatana muri aya marushanwa Nyafurika.
Yagize ati:"Nizeye abakinnyi natoranyije. Turashaka kwerekana ko kuba tumaze imyaka itatu ikurikiranye dutwara shampiyona mu gihugu bishoboka no gutwara Shampiyona Nyafurika."
Yongeyeho agira ati:"Natoranyije abakinnyi nzajyana ngendeye ku bushobozi bwabo."
Abo bakinnyi akaba ari:
Gilbert Mutuyimana, Norbert Duteteriwacu, Jean Baptiste Habimana, Théophile Niyigaba, Raymond Nsanzimfura, Norbert Tuyisenge, Eric Kaneza, Samuel Bananimana, Zacharie Tuyishime, Haruna Bizimana, Camarade Nzibonera, Gilbert Camarade Mbonyinshuti, Jean Paul Muhawenayo na Jackson Uwimana.
Ikipe ya Polisi ya Handball kandi, tariki ya 17 Ukwakira ikaba kwegukanye igikombe cya Car d’As nyuma yo gutsinda ikipe ya APR ku bitego 35 kuri 31, iyi ntsinzi nkuko umutoza wa Polisi Handball, Sergeant Sibomana Albert yabitangaje, ngo ikaba ibaha ishusho ko iyi kipe izitwara neza ndetse ikanagera kure mu marushanwa mpuzamahanga azabera muri Maroke.
Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye ikipe ya Polisi ifite ibitego 11 ku 10 by’APR, mu gice cya 2 amakipe akaba yaragarutse mu kibuga yotsanya igitutu ariko ikipe ya Polisi ikomeza kuza imbere ya APR ari nabwo yazaga kurangiza yegukanye intsinzi.
Uyu mukino ukaba wabereye ku kibuga cy’Ishami ry,uburezi (UR College of Education). Mbere y’uyu mukino, ikipe ya Polisi yari yabanje gutsinda kandi ikipe ya College Inyemeramihigo yo ku Gisenyi ku bitego 51 kuri 33.
Kinyarwanda
English











