Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Police Handball Club ikomeje kwitwara neza

Police Handball Club ntiyahwemaga gusatira izamu ry'Urwunge rw'amashuri rwa nyanza butare.

Kuwa gatandatu  tariki ya 25 ukwakira shampiyona y’umukino w’intoki (handball) yarakomeje ikaba yari igeze ku munsi wa nyuma aho  Police handball club yihereranye kaminuza y’u Rwanda  iyitsinda ibitego 49 kuri15 bityo ikaba ariyo yegukanye umwanya wa mbere inatwara igikombe ikaba izagihabwa taliki ya 8/112014.

Kuri iyo taliki kandi hakaba  hari n’ikindi gikombe  kizakinirwa n’amakipe ane ya mbere ariyo Police handball club,urwunge rw’amashuri rwa Kigoma,Gicumbi na APR hand ball club Umutoza wa Police Handball Club AIP Antoine Ntabanganyimana yavuze ko umukino utakomereye ikipe ye bitewe n’imyitozo myinshi abakinnyi atoza bakoze.

AIP Antoine Ntabanganyimana yakomeje avuga ko ikigiye gukurikiraho ari ugutegura neza ikipe ye igakora imyitozo ikaze mu rwego rwo kuzitwara neza no muyandi marushanwa ateganijwe mu bihe bizaza.

Kapiteni wa Police Handball Club Turatsinze Dismas nawe yashimishijwe no  gutsinda uyu mukino. Yavuze ko ibanga ikipe abereye kapiteni ikoresha muri iyi minsi kugira ngo itsinde ari imyitozo ndetse no gushyira hamwe kw’abakinnyi, umutoza ndetse n’ubuyobozi bw’ikipe.