Police Handball Club yasoje imikino ibanza (Phase Aller) iri ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsinda ibitego 48 kuri 21 bya Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ry’uburezi rya Kigali rizwi nka KIE muri shampiyona yabaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 17 Kamena 2015 ku kibuga cya cy’ikigo cy’urubyiruko cya Kimisagara.
Umukinnyi watsinze ibitego byinshi ni Mutuyimana Gilbert watsinze ibitego 10 na Habimana Jean Baptiste watsinze ibitego 10 bose bakinira Police Handball Club.
Ubu ikipe ya Police iri ku mwanya wa mbere n’amanota 30 ikaba irusha amanota atatu APR iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 27.
Igice cya mbere cyarangiye Police Handball Club ifite ibitego 20 ku 10 bya KIE.
Mu gice cya kabiri nabwo Police Handball Club yakomeje kwitwara neza kirangira itsinze ibitego 28 kuri 11 bya KIE.
Umutoza w’ikipe ya Police y’umukino wa Handball Ntabanganyimana Antoine yavuze ko iyi ntsinzi y’ikipe ye yaturutse ku mabwiriza yahaye abakinnyi be bityo bakabasha kuyubahiriza ari nabyo byatumye intsinzi iboneka.
Yakomeje avuga ko ikipe ye igiye gukomeza kwitwara neza no mu mikino yo kwishyura kugira ngo bazegukane igikombe nk’uko byagenze umwaka ushize.
Ntabanganyimana Antoine akaba yaravuze kandi ko kuba kugeza ubu ikipe ye ari iya mbere ku rutonde rw’agateganyo, batagiye kwicara, ko ahubwo bagiye gukaza imyitozo, ngo kuko nk’amakipe abakurikiye ariyo ya APR HBC, ES Kigoma n’Urwunge rw’Amashuri rwa Mutagatifu Aloys, nayo ari amakipe meza ku buryo barangaye gato batakaza uwo mwanya wa mbere.
Umutoza wa Police HBC yanongeyeho ko kwitegura imikino yo kwishyura bizanabafasha no kuba biteguriramo imikino nyafurika y’amakipe yabaye aya mbere iwayo muri shampiyona, iri rushanwa rikazaba mu kwezi kwa Nzeri 2015 muri Tuniziya.
Ikipe ya Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’uburezi yahoze yitwa KIE, yo iri ku mwanya wa munani n’amanota 13 muri shampiyona ikaba isigaje imikino ibiri y’ibirarane izakina mu mpera z’iki cyumweru.
Kinyarwanda
English











