Kuri iki cyumweru tariki ya 11 Mutarama 2015, ku Kimisagara, habereye amarushanwa yo guhatanira igikombe cyitiriwe “Impano n’impamba Trophy”.
Amakipe yitabiriye iri rushanwa akaba yari 5 harimo Police Hand Ball,Kigoma ,Nyakabanda, Rambura ,na Golira Hand Ball Club yari yateguye iryo rushanwa.
Mu mikino y’amajonjora ikipe ya Polisi yarangije idatsinzwe umukino n’umwe aho yatsinze Kigoma amanota 20-15, itsinda Nyakabanda 16-8,Golira itsinda Rambura 23-9 bityo irangiza amajonjora ifite amanota 6/6.
Umukinnyi watsinze ibitego byinshi akaba ari PC Mutuyimana Girbert watsinze ibitego 10,naho Jean Paul Muhawenayo atsinda ibitego 8.
Umukino wanyuma ukaba warahuje ikipe ya Polisi Hand Ball Club na Golira iyitsinda ku manota 30 kuri 22 ya Golira Hand Ball.
Ikaba yarahembwe igikombe, n’imidari, kikaba ari igikombe cya mbere itwaye muri uyu mwaka,kikaba ari n’igikombe cya 22 kuva iyi kipe ya vuka.
Umutoza wa Police Hand Ball, Assistant Inspector of Police Antoine Ntabanganyimana yatangaje ko yishimiye gutangira umwaka wa 2015 atwara igikombe nk’uko bisanzwe mu mwaka ushize wa 2014 yari yatwaye ibikombe 7.
Yagize Ati” Iyi ntsinzi ndayikesha ubunararibonye nakuye mu marushanwa duherukamo muri Kenya kuko twahigiye byinshi” asoza avuga ko gukina imikino mpuzamahanga myinshi ari byo bizatuma akomeza kwitwara neza mu Rwanda ndetse no mu mahanga.
Kinyarwanda
English











