Iyi kipe isanzwe ifite igikombe cy’umwaka ushize yongeye gutangira uyu mwaka w’imikino wa 2019 yitwara neza mu mukino ufungura shampiyona, aho yatangiye itsinda ikipe y’ishuri rya College Inyemeramihigo ibitego 32 kuri 29.
Iyi kipe bayitsinze mu mukino wabahuje kuri uyu wa gatandatu tariki ya 26 Mutarama, mu kigo k’iryo shuri riherereye mu karere ka Rubavu mu murenge wa Rugerero.
Umutoza w’ikipe ya Police Hand Ball club Senior Sergeant Turatsinze Dismas yavuze ko uyu mukino waranzwe no gutsindwa ku ruhande rw’ikipe ya Polisi mu gice cya mbere ariko mu gice cya kabiri yaje gusa n’iyiharira umupira biyihesha intsinzi y’umukino wa mbere w’uyu mwaka w’imikino.
Yagize ati” Iyi kipe mu gice cya mbere k’iminota 30 yaturushije kuko cyarangiye idutsinze ibitego 17 kuri 11, mu gice cya kabiri rero twakoresheje ibanga ryo kuyataka cyane no guhanahana umupira neza kuko abakinnyi bari bagifite imbaraga bituma ikipe tuyitsinda ibitego 21 kuri 12 mu minota 30 yari isigaye”.
Umutoza w’ ikipe ya Police Hand Ball Club, yabwiye itangazamakuru nyuma y’ umukino ko ashimira abasore be uko bitwaye muri uwo mukino.
Yagize ati” Ndashimira abakinnyi banjye uburyo bakinnye neza bakagaragaza ubuhanga bukomeye bigatuma twegukana iyi ntsinzi”.
SSGT Turatsinze Dismas yavuze kandi ko intego y’ikipe ye ari ugukomeza kwitwara neza igatsinda imikino yose bityo bikazabahesha kwegukana na none igikombe cya shampiyona cy’uyu mwaka.
Twabibutsa ko muri uyu mukino abatsinze ibitego byinshi ari; Rwamanywa viateur General watsinze ibitego 11,Mutuyimana Gilbert watsinze 7 na Tuyishime Zacharie watsinze ibitego 5.
Kinyarwanda
English











