Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Police FC yanyagiye AS Muhanga ibitego 5-1

Uyu mukino wabereye kuri sitade ya Muhanga kuwa gatatu tariki ya 4 Ugushyingo 2015 ukaba  wararangiye ku ntsinzi ya Police FC y’iitego 5-1.Igice cya  mbere cyaranzwe no gusatira cyane kw’abakinnyi ba Police FC ku  buryo binjije ibitego bitatu  mu gice cya mbere.

Byatsinzwe naTwagizimana Fabrice ku munota wa29, Usengimana Dany ku munota wa 40 na Songa Isaie  ku munota wa 45.

Mu gice cya kabiri ,AS Muhanga nayo yaje kubona igitego ku  munota wa 5,  ariko Police  FC ibona ibindi  bitego bibiri ku munota wa 30 na 38 byatsinzwe na Usengimana Dany. Umukino ukaba wararangiye ari ibitego 5 bya Police FC kuri 1 cya AS Muhanga.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushizwe ubuyobozi  n’abakozi DIGP   Juvenal Marizamunda wari waherekeje  ikipe ya Police FC yavuze yashimishiwe n’umukino   mwiza  Police FC yerekanye, maze asaba abakinnyi  no kuzitwara neza mu yindi mikino iri imbere.

Umukino utaha  uzaba ku cyumweru tariki ya 8 Ugushyingo, aho Police FC izakina na Kiyovu  Sport ku kibuga cya Kicukiro.

Ba  rutahizamu ba Police FC aribo Songa Isaie na Usengimana Dany bari mu bafite ibitego byinshi. Uwa  mbere  afite  ibitego  6  naho mugenzi we amaze gutsinda ibitego5.

Police FC  nyuma y’umunsi wa 8 wa shampiyona ifite amanota 16 ikaba ari iya kabiri  aho irushwa na AC  Kigali amanota abiri yo ikaba ari iya mbere.

Imwe  mu mikino yindi yabaye: RayonSsport-Bugesera FC:1-0; Sunrise-Rwamagana City:2-1; APR FC-Gicumbi:0-0; MukuraVS-Kiyovu  Sport:2-0