Uyu mukino wabereye kuri sitade ya Muhanga kuwa gatatu tariki ya 4 Ugushyingo 2015 ukaba wararangiye ku ntsinzi ya Police FC y’iitego 5-1.Igice cya mbere cyaranzwe no gusatira cyane kw’abakinnyi ba Police FC ku buryo binjije ibitego bitatu mu gice cya mbere.
Byatsinzwe naTwagizimana Fabrice ku munota wa29, Usengimana Dany ku munota wa 40 na Songa Isaie ku munota wa 45.
Mu gice cya kabiri ,AS Muhanga nayo yaje kubona igitego ku munota wa 5, ariko Police FC ibona ibindi bitego bibiri ku munota wa 30 na 38 byatsinzwe na Usengimana Dany. Umukino ukaba wararangiye ari ibitego 5 bya Police FC kuri 1 cya AS Muhanga.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushizwe ubuyobozi n’abakozi DIGP Juvenal Marizamunda wari waherekeje ikipe ya Police FC yavuze yashimishiwe n’umukino mwiza Police FC yerekanye, maze asaba abakinnyi no kuzitwara neza mu yindi mikino iri imbere.
Umukino utaha uzaba ku cyumweru tariki ya 8 Ugushyingo, aho Police FC izakina na Kiyovu Sport ku kibuga cya Kicukiro.
Ba rutahizamu ba Police FC aribo Songa Isaie na Usengimana Dany bari mu bafite ibitego byinshi. Uwa mbere afite ibitego 6 naho mugenzi we amaze gutsinda ibitego5.
Police FC nyuma y’umunsi wa 8 wa shampiyona ifite amanota 16 ikaba ari iya kabiri aho irushwa na AC Kigali amanota abiri yo ikaba ari iya mbere.
Imwe mu mikino yindi yabaye: RayonSsport-Bugesera FC:1-0; Sunrise-Rwamagana City:2-1; APR FC-Gicumbi:0-0; MukuraVS-Kiyovu Sport:2-0
Kinyarwanda
English











