Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

[PHOTOS]: Police FC yatsinze Musanze, ijya ku mwanya wa kabiri

Ku munsi wa gatandatu wa shampiyona y'u Rwanda,  Police FC yatsinze Musanze ibitego 3 ku busa byose byatsinzwe na Usengimana Danny.

Ni umukino wabaye ku italiki 26 Ugushyingo i Nyakinama, ku kibuga cya Musanze.

Ni  umukino waranzwe n'ishyaka ku mpande zombi cyane cyane Police FC  kuko yafunguye amazamu ku munota wa 6 w'umukino gusa.

Iki gitego cyaje kwishyurwa  ku munota wa 38 w'igice cya mbere cyaje no kurangira impande zombi zinganya igitego kimwe kuri kimwe.

Bakigaruka mu gice cya kabiri, Police FC yahise yinjiza igitego cya kabiri nyuma y'iminota 5 gusa ku mupira mwiza Danny yaherejwe na Japhet.

Police FC yakomeje kuyobora umukino no kwiharira umupira ari nako isatira kugeza ubwo ku munota wa 80 , ku mupira mwiza yaherejwe na Songa Isaie, nanone Danny yinjije igitego cya gatatu , umukino uza kurangira ku nsinzi y'ibitego 3  bya Police FC kuri kimwe cya Musanze.

Nyuma y'uyu mukino, Police FC yahise ijya ku mwanya wa kabiri ku rutonde rw'agateganyo rwa shampiyona ku manota 13, ikaba irushwa n'iya mbere amanota 3.

Danny Usengimana nawe akaba ariwe uyoboye urutonde rw'abatsinze ibitego byinsi, aho agejeje ku bitego 6, ari nawe wenyine washoboye gutsinda ibitego 3 mu mukino umwe.

Ku munsi ukurikira wa shampiyona, ku kibuga cya Kicukiro,  Police FC izakira Kirehe FC nayo iri ku mwanya wa 7, azaba ari ku italiki 3 Ukuboza.