Mu rwego rwo kurwanya inzoga z’inkorano n’ibindi biyobyabwenge, Polisi y’u Rwanda k’ubufatanye n’abaturage bo mu karere ka Nyaruguru mu murenge wa Ruheru mu kagari ka Ruyenzi yakoze igikorwa cyo gushaka no kumena inzoga zitemewe mu Rwanda.
Iki gikorwa cyabaye Tariki 04 Ukwakira,abaturage bageraga bakanacuruza inzoga zinkorano.
Abafashwe ni Rugamba Alex ufite imyaka 38 yafatanywe litiro 100,Harerimana Vianney w’imyaka 41 yafatanywe litiro 50 , Komeza Felicien afite imyaka 56 bamusanganye litiro 80 , Kabuta Joel ufite imyaka 48 bamufatanye litiro 80.
Ubwo hamenwaga izi nzoga umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police (CIP)Bonavanture Karekezi yasabye abaturage kwitandukanya n’ibiyobyabwenge ndetse n’inzoga z’inkorano kuko bigira ingaruka mbi ku buzima bwabo ndetse n’ubw’Igihugu muri rusange.
Yagize ati: ’’ Inzoga z’inkorano ndetse n’ibiyobyabwenge byangiza ubuzima bw’ababikoresha, uretse kuba bibangiriza ubu ahubwo bidindiza n’ ubukungu bw’ Igihugu kuko uwabigiyemo nta kintu aba agishoboye gukora kimuteza imbere ndetse kandi iyo bafashwe barafungwa.”
CIP Karekezi yakomeje asaba abaturage gukomeza ubufatanye bagaragaza mu kurwanya no kugaragaza abakoresha ibiyobyabwenge n’inzoga z’inkorano.
Yagize ati:” Turashimira abaturage badahwema gutanga amakuru mu nzego z’umutekano kugira ngo abanyabyaha bafatwe, ubufatanye bwanyu n’ingirakamaro.”
Abaturage bashimiye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda ku nama ikomeza kubagira mu kurwanya ibyaha ndetse n’ibintu byateza ibyaha. Biyemeje gukomeza ubufatanye na Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego z’ubuyobozi mu kurwanya ibyaha.
English









