Trending Now

Nyaruguru: Polisi yamennye inzoga z’inkorano abaturage bakangurirwa kuzirwanya

Mu rwego rwo kurwanya inzoga z’inkorano n’ibindi biyobyabwenge, Polisi y’u Rwanda k’ubufatanye n’abaturage bo mu karere ka Nyaruguru  mu murenge wa Ruheru mu kagari ka Ruyenzi yakoze igikorwa cyo gushaka no kumena inzoga zitemewe mu Rwanda.

Iki  gikorwa cyabaye Tariki  04 Ukwakira,abaturage bageraga  bakanacuruza inzoga zinkorano.

Abafashwe ni  Rugamba  Alex ufite imyaka 38 yafatanywe litiro 100,Harerimana  Vianney w’imyaka 41 yafatanywe litiro 50 , Komeza Felicien afite imyaka 56 bamusanganye litiro 80 , Kabuta  Joel ufite imyaka 48 bamufatanye litiro 80.

Ubwo hamenwaga izi nzoga umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police (CIP)Bonavanture Karekezi   yasabye abaturage kwitandukanya n’ibiyobyabwenge ndetse n’inzoga z’inkorano  kuko bigira ingaruka mbi ku buzima bwabo ndetse n’ubw’Igihugu muri rusange.

Yagize ati: ’’ Inzoga  z’inkorano ndetse n’ibiyobyabwenge byangiza ubuzima bw’ababikoresha, uretse kuba bibangiriza ubu  ahubwo bidindiza n’ ubukungu bw’ Igihugu  kuko uwabigiyemo nta kintu aba agishoboye gukora kimuteza imbere ndetse kandi iyo bafashwe barafungwa.”

CIP Karekezi yakomeje asaba abaturage gukomeza ubufatanye bagaragaza mu kurwanya no kugaragaza abakoresha ibiyobyabwenge n’inzoga z’inkorano.

Yagize ati:” Turashimira abaturage badahwema gutanga amakuru mu nzego z’umutekano kugira  ngo abanyabyaha bafatwe,  ubufatanye bwanyu  n’ingirakamaro.”

Abaturage bashimiye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda ku nama ikomeza kubagira mu kurwanya ibyaha ndetse n’ibintu byateza ibyaha. Biyemeje gukomeza ubufatanye na Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego z’ubuyobozi mu kurwanya ibyaha.