Abayobozi bi midugudu na butugari bo mu murenge wa Rwezamenyo mu karere ka Nyarugenge bahurijwe hamwe mugihe cyu munsi mwe baganirinzwa uko bakomeza kwicungira umutekano.
Umunyamabanga nshingabikorwa wumurenge wa Rwezamenyo Alexis Semitari, wari uyoboye iyi nama yabereye mu kagari Kabuguru yakangukanguri abaturage kwicungira umutekano,bagatanga amakuru ku gihe kugira ngo ibyaha bishingiye ku ihohoterwa bikumirwe, cyane cyane ibyaha bikorerwa mu ngo by’umwihariko gukubita no gukomeretsa.
Inspector of Police Claude Budaraza uhagarariye urwego rwa polisi rushijwe community policing ruhuza Polisi n’abaturage muri ako karere yashimiye abo bayobozi butugari uruhare rwabo mu gucunga umutekano ndetse no gutangira amakuru kugihe kugeza ubu umutekano ari ntamakemwa.
IP Budaraza yasabye abo bayobozi gukorana ninzego z’umutekano bakumira ibyaha ibikorerwa mungo kandi bagakomeza gukorera hamwe nk’ikipe.
Yagarutse kubyaha bikorwa harimwo urugomo, gukubita no gukomeretsa akeshi biterwa nubuzinzi,no kunywa ibiyobyabwenge birimo urumogi,kanyanga
Kinyarwanda
English











