Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 14 Ukuboza, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyarugenge yafashe abantu 60 biganjemo abacuruzi bakorera muri Gare y’Umujyi wa Kigali ahazwi nko muri Down Town barenze ku mabwiriza yo kwirinda no kurwanya COVID-19.
Mu byo bafatiwe harimo kutagira kandagira ukarabe, kurenza umubare wagenwe w’abagomba gucuruza, kutambara udupfukamunwa, kutagira umuti wo gukaraba mu ntoki(hand sanitizer) kurenza umubare w'abagomba kwinjira mu iduka, gusuzugura inzego z’ibanze n'iz’umutekano ndetse n’urubyiruko rw’abakorerabushake.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Emmy Ngabonziza yavuze ko iki ari igikorwa gikomeza bagifatanyijemo na Polisi ndetse n’izindi nzego aho barimo gushaka abanyuranya n’amabwiriza yo kwirinda COVID-19.
Yagize ati “Aba bafashwe biganjemo abacuruzi, hari imiryango igera mu icyenda ikorerwamo ubucuruzi yari ifunguye yuzuyemo abacuruzi batandukanye nta n’umwe muri bo wubahirije amabwiriza yo kurwanya COVID-19. Ikindi kibabaje kurushaho ni uko basuzugura inzego z’umutekano n’urubyiruko rw’abakorerabushake babakangurira kwirinda iki cyorezo.”
Ngabonziza yakomeje avuga ko icyorezo cya COVID-19 kirimo kugenda kirushaho gufata indi ntera nyuma y’aho mu minsi ishize cyasaga naho kirimo kugabanuka, Leta aho igiye ikomorera ibikorwa bimwe na bimwe bikongera gukora birimo ubucuruzi ndetse n’ibindi, bigaragara ko abacuruzi n’abandi baturage bamwe na bamwe muri rusange badohotse ku mabwiriza yo kurwanya iki cyorezo.
Ati “Leta yasubukuye ibikorwa bimwe na bimwe ngo byongere bikore ariko ishyiraho n’amabwiriza akwiye gukurikizwa yo kurwanya COVID-19. Abantu bakwiye kumva ko ayo mabwiriza yashyizweho kugira ngo yubahirizwe, buri wese akwiye kumva ko uru ari urugamba dufatanyije nk’abaturarwanda twese rwo kurwanya iki cyorezo, umuntu akirinda ku giti ke ndetse akarinda n’abandi, bityo tugashyira hamwe imbaraga zo kukirwanya ntitwirare kuko kwirara aribyo bituma umubare w’abandura urushaho kugenda wiyongera ndetse n’abapfa bakarushaho kuba benshi."

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Emmy Ngabonziza.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ka Nyarugenge yakomeje avuga ko abafashwe bajyanwa kuri sitade bakigishwa uko bakwiye kubahiriza amabwiriza yo kwirinda no kurwanya COVID-19 ndetse banacibwe amande.
Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko aba bose bafatiwe mu bikorwa bya Polisi bigamije kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry'amabwiriza ya Leta yo kurwanya ikwirakwira ry'icyorezo cya COVID-19.
Yagize ati “Nk'uko bisanzwe Polisi ihora igenzura ko amabwiriza yo kwirinda no kurwanya C0VID-19 yubahirizwa, ni muri ubwo buryo aba bafashwe barenze kuri ayo mabwiriza nyamara nta na rimwe badakangurirwa kuyirinda.”
CP Kabera yavuze ko amabwiriza yashyizweho na Leta yo kwirinda iki cyorezo cya COVID-19 azwi na buri wese kandi ko akwiye kubahirizwa uko yakabaye.
Ati “Gufata abarenga ku mabwiriza yashyizweho ni igikorwa kizakomeza, kandi ibihano biziyongera kuko bigaragara ko abantu bakomeje kwirara bakibwira ko COVID-19 yarangiye nyamara iracyahari kandi kuyirinda no kuyirwanya ni ibya buri wese. Tuributsa abakerensa cyangwa abarenga ku mabwiriza yashyizweho ko bakwiye kwisubiraho kuko batazabura gufatwa bagahanwa.”
Abafashwe bose amaduka yabo yafunzwe kandi bacibwa amande hakurikijwe uko amabwiriza yo kurwanya COVID-19 abiteganya.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 13 Ukuboza mu kiganiro kuri radiyo na televisiyo y'u Rwanda abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuzima, Minisitiri w'ubutegetsi bw'Igihugu, Minisitiri w'ubucuruzi n'inganda n'Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda bagaragaje ko abaturarwanda bakomeje kudohoka ku ngamba zo kurwanya COVID-19 bikaba birimo gutuma imibare y'abandura n'abahitanwa na COVID-19 irushaho kwiyongera mu buryo budasanzwe.
Inkuru bijyanye
Kinyarwanda
English










