Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Nyarugenge : Abagororwa barenga 9,000 basabwe gukumira ibyaha

Tariki ya 14 Gashyantare, abagororwa bagororerwa muri gereza ya Mageragere mu karere ka Nyarugenge bagera kuri  9100 baganirijwe ku ruhare rwabo mu gukumira ibyaha bitandukanye.

Ibiganiro byitabiriwe n’umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali Chief  Inspector of  police  (CIP) Marie Gorette Umutesi  ari kumwe n’umuyobozi  wungirije wa gereza ya Nyarugenge  Supritendent of Prison  Tharcisse  Nshimiyimana  aho  abagororwa basabwe gukumira ibyaha.

Umuvugizi wa Police mu mujyi wa Kigali,CIP  Marie Gorette Umutesi  yasabye abagororwa gukumira ibyaha , birimo ruswa, ubujura,ubushukanyi, ihohotera rishingiye kugitsina  kuko ari kimwe mu bidindiza iterambere ry’umuryango ndeste n’iterambere ry’igihugu muri rusange.

Yagize ati “:Ibyaha bikorwa mu gihugu cyacu , ni kimwe mu bidindiza iterambere ry’igihugu  ,  mu rasabwa  ,kwirinda kwishora mu byaha , nkamwe  mufunzwe  leta  ibatakazaho amafaranga menshi yakabaye ashyirwa mu bikorwa  biteza imbere abanyarwanda.”  

CIP Umutesi  yibukije abagororwa ko nubwo bari muri gereza naho hagaragara ibyaha birimo  ,ikoreshwa ry’ibiyobwa bwenge ,ruswa  ndeste n’ibindi byaha ,ashimangira ko uzajya abifatirwamo igihano yari asanzwe yrakayiwe kiyongera.

Ati”: Bamwe muri mwe  mujya mu gerageza  kwinjiza ibiyobya bwenge muri gereza  abandi  mu gashaka guha ruswa ababacungira umutekano, hari bamwe muri bagenzi banyu  bafatiwe mu byaha kandi bagifuze  iyo ufashwe warishoye  mu byaha  utararangiza igihano wahawe  bakongerera ibihano.”

CIP Umutesi  yasabye abagororwa  gushinga amastinda yokurwanya ibyaha muri gereza ya Nyarugenge kuko azabafasha gukumira ibyaha.

Umuyobozi wa gereza ya Nyarugenge wungirije nawe yibukije imfungwa n’abangororwa ko  inshingano zabo ko  atari ugufunga ahubwo ari kugorora abakoze  ibyaha  bakabafasha ku isubiraho. 

Yabibukije ko iyoumuogororwa yitwaye neza muri gereza ashobora kugabanyirizwa ibihano,yasoje abasaba kuba intangarugero  mu buzima bwabo bwa buri munsi.