Polisi ikorera mu karere ka Nyamasheke yagiranye inama n’abakora umwuga wo gutwara za moto bakorera bo mu murenge wa Kanjongo maze babakangurira kwirinda amakosa yo mu muhanda igihe twaye moto.
Inspector of Police Deo Mutabaruka yakanguriye abo bamotari bibumbiye mu ishyirahamwe COTRAMONYA kwirinda impanuka zo muhanda bubahiriza amategeko kandi bakirinda gukora ikosa ryo kwanga guhagarara igihe ufite ububasha abibasabye, kuko ari ikinyabupfura gike n’imyitwarire itari iya kinyamwuga.
Yasabye abamotari kwirinda gupakira ibirenze ubushobozi bwa moto,kubahiriza amatara yo ku muhanda , kandi bakagira uruhare mu kwicungira umutekano, abakangurira gutwara moto bafite ibyangombwa byose bisabwa,gutanga service nziza , gutangira amakuru ku gihe kucyahungabana umutekano buri wese akarushaho kuba ijisho rya mugenzi we.
Onesphole Nsengimana uhagarariye ishyirahamwe COTRAMONYA yashimye inama n’impanuro bahawe , maze biyemeza kujya bakorera mu mucyo birinda akajagari .Yavuzeko bagiye gukangurira abanyamuryango babo kujyabagira ikinyabupfura,isuku , kwambara ingofero n’imyenda byabugenewe, gutangira amakuru ku gihe kandi bakajya bifatira bamwe muribo batubahiriza amategeko.
Kinyarwanda
English











