Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Nyamagabe : Polisi yafashe uwacuruzaga amavuta yangiza uruhu

Kuri uyu wa mbere tariki ya 14 Gashyantare abapolisi bo mu   ishami rishinzwe kurwanya ubucuruzi bwa magendu (RPU) bakorera  mu Karere ka Nyamagabe bafashe uwitwa  Ndikuryayo Pascal w'imyaka 26, yafashwe acuruza  amoko atandukanye y'amavuta  atemewe mu Rwanda yangiza  uruhu azwi ku izina rya mukorogo. Yafatiwe mu Murenge wa Gasaka, Akagari ka Nyamugari,Umudugudu wa Kabacuzi.

Ndikuryayo amaze gufatwa yavuze ko ari ubwa mbere yari  abigerageje.  

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y?Amajyepfo,  Superintendent of Police  (SP) Theobard Kanamugire yavuze ko uyu mucuruzi yafashwe k?ubufatanye n? abaturage batanze amakuru bavuga ko  acuruza amavuta atemewe.

Yagize ati:"Turishimira abaturage baduhaye amakuru ko Ndikuryayo  acuruza amavuta yangiza uruhu azwi ku izina rya mukorogo, tukimara kumenya aya makuru twagiye muri Butike ye dusanga acuruza amoko y?amavuta menshi harimo ayangiza uruhu (mukorogo) ahita afatirwa mu cyuho."

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y?Amajyepfo yakomeje akangurira abacuruza aya mavuta n'ababitwkereza kubireka kuko nta mahirwe bazabigiriramo  ahubwo bazafatwa bafungwe. Yashimiye abatanze amakuru akangurira n'abandi kujya batanga amakuru hagamijwe gukumira ibyaha.

Ndikuryayo yashyikirijwe Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka kugira ngo hatangire iperereza.

Itegeko n?68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n?ibihano muri rusange Ingingo ya 266 ivuga ko   Umuntu wese ukora, ugurisha, utanga ibintu bibujijwe bikurikira: umuti; ibintu bihumanya;  ibintu binoza cyangwa bisukura umubiri; ibindi bikomoka ku bimera; aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n?urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y?umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) n?ihazabu y?amafaranga y?u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.