Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Nyamagabe: Abantu 19 bafatiwe mu kabari barenze kumabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 15 Kamena mu masaha ya saa tatu n?igice z?ijoro, Polisi y?u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyamagabe kubufatanye n?inzego z?ibanze zikorera mu Murenge wa Kibirizi bafatiye mu kabari abantu 19 barimo kunywa inzoga abandi bakina imikino y?amahirwe izwi nk?ikiryabarezi.  Bafatiwe  mu Mudugudu wa Gataba, Akagari ka Ruhunga, bari mu kabari  k?uwitwa Uwijuru Jean Damascene w?imyaka 32.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y?Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko bariya bantu bafashwe barimo kunywera mu kabari kandi utubari tutemerewe gukora muri ibi bihe byo kurwanya COVID-19. Barengeje amasaha yagenwe yo kuba umuntu yageze mu rugo, nta  bwiriza na rimwe ryo kurwanya COVID-19 bubahirije.
 
Yagize ati ?Abayobozi mu nzego z?ibanze bamenye amakuru baraduhamagara, ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 15 Kamena saa tatu n?igice.  Abapolisi bahise bajyayo basanga koko harimo abantu benshi babonye Polisi bahita biruka hafatwa 19, bari bihishe mu cyumba kimwe cy?ako kabari.?

SP Kanamugire avuga ko atari ubwa mbere mu kabari ka Uwijuru hafatirwa abantu barimo kunywa inzoga, iyi ikaba yari inshuro ya kabiri.

Ati ?Uwijuru afatwa ku nshuro ya mbere yarigishijwe, ahabwa ibihano hakurikijwe amabwiriza n?ubundi ariko  yakomeje gufungura akabari ke nk?uko n?abaturage babivuga. Kuri iyi inshuro abafatiwe muri ako kabari ni abo mu Kagari ka Ruhanga mu midugudu itandukanye ikagize.?

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y?Amajyepfo yibukije abaturage muri rusange ko badakwiye kudohoka ku ngamba zishyirwaho na Leta zo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19.

Yagize ati ?Icyorezo kiracyahari ntaho cyagiye kandi gikwirakwizwa n?abantu barenga ku mabwiriza yashyizweho yo kukirinda no kukirwanya. Turashishikariza abaturwanda kutadohoka ku mabwiriza bakirinda bakarinda n?abandi kwandura COVID-19.?

Yanibukije abarenga ku mabwiriza bagafungura utubari kandi bitemewe kimwe n?abandi bose bica amabwiriza nkana ko bakwiye kubireka kuko Polisi kubufatanye n?inzego z?ibanze n?abaturage bazafatwa bakabihanirwa.

Abafashwe bigishijwe banacibwa n?amande nk?uko amabwiriza abiteganya.