Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Nyagatare hafungiye umugabo ukurikiranyweho gushaka guha ruswa umupolisi

Kuri uyu wa gatanu  tariki  5  Mutarama nibwo  Emmanuel Bigirimana w’imyaka 45 ukomoka mu murenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare yatawe muri yombi agerageza guha ruswa umupolisi y’amafaranga ibihumbi 72 kugira ngo amufungurire Moto ye yafashwe itunda inzoga zitemewe n’amategeko.

Umuyobozi wa  Polisi mu karere ka Nyagatare Chief Superintendent of Police (CSP) John Sesonga yavuze ko  Bigirimana yatawe muri yombi agerageza gutanga  ruswa y’amafaranga kugira ngo ahabwe  moto ye yari imaze iminsi ifungiye kuri sitasiyo ya Polisi  yo mu murenge wa Rwempasha.

Yavuze ko iyi moto ifite pulake RD 811 A  yafashwe irimo gukoreshwa mu   gikorwa cyo gutunda inzoga zitemewe mu Rwanda ,inzoga zizwi  nka Zebra Waragi.

CSP Sesonga yagize ati: Ubwo twafataga iyi moto,Bigirimana yayivuyeho ariruka arayita.Yayitaye ihetse inzoga za Zebra Waragi kandi ntabwo zemewe hano mu Rwanda,yajyaga kuzicuruza mu buryo bwa magendu.Kuri uyu wa Gatanu rero nibwo yagarutse kuri sitasiyo  aza aje gutanga ruswa ngo bamufungurire moto,uwo yari agiye kuyaha  niwe wahise amuta muri yombi”.

CSP Sesonga yibukije  abaturage kwirinda gutanga  ruswa kuko uretse no kuba amategeko abihanira , bigira ingaruka mbi ku muryango wose aho uwari ushinzwe kuwutunga  ajyanwa muri gereza  umuryango yari atunze ugasigara mu bibazo.

Emmanuel Bigirimana aramutse ahamwe n’icyaha yahanishwa igifungo kuva ku myaka ibiri kugeza kuri itanu n’ihazabu ikubye inshuro kuva kuri ebyiri kugeza ku 10 z’indonke yatanze nk’uko biteganywa mu ngingo ya 640 y’igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda