Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Nyagatare: Babiri bafatanwe ibiyobyabwenge bari batwaye kuri moto

Mu bikorwa byo gukumira no kurwanya ibiyobyabwenge byakozwe na Polisi mu karere ka Nyagatare byafatiwemo abagabo babiri bakekwaho kwinjiza ibiyobyabwenge birimo urumogi na kanyanga  mu gihugu.

Abakekwaho  gucuruza ibi biyobyabwenge ni  Nshimiyimana Emmanuel  w’imyaka  35 y’amavuko na Karegesa Richard w’imyaka 37 bafatanwe ibiro 8 by’urumogi na litiro 2.5 za kanyanga bari batwaye kuri moto RB O92 yavaga mu murenge wa Tabagwe  yerekeza mu murenge wa Karangazi.

Senior Superintendent of Police (SSP) Pierre Tebuka uyobora Polisi mu karere ka Nyagatare  avuga ko ifatwa ry’aba bagabo bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza ibiyobyabwenge mu gihugu rikomoka ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati “Hari amakuru twahawe n’abaturage ko bariya bagabo bacuruza urumogi baruvana mu bihugu by’abaturanyi nabo bakarukwirakwiza mu duce dutandukanye twa Nyagatare.”

Akomeza avuga ko bakimara kubona aya makuru bateguye uko aba bagabo bafatwa maze bagatega inzira zose bakeka ko bashobora kunyuramo bakaza gufatirwa ku mupaka wa Buziba uri mu murenge wa Tabagwe  bashaka kwerekeza mu murenge wa Karangazi.

SSP Tebuka akomeza asaba abaturage kurushaho gukumira ibiyobyabwenge kuko bikomeje  kwangiza urubyiruko bikanahungabanya umutekano.

Yagize ati” Hirya no hino mu midugudu mu tuyemo muzi  urubyiruko rwabaswe n’ibiyobyabwenge byiganjemo urumogi, muzi kandi imwe mu miryango ibanye  mu makimbirane ahanini ashingiye ku businzi  ibi byose bihungabanya umutekano mukwiye kugira uruhare mu kubirwanya mutanga amakuru  y’aho bigaragara.’’

Ibiyobyabwenge birimo Urumogi, Mugo, Kanyanga n’andi moko atandukanye y’inzoga zitemewe n’amategeko ni bimwe mu bihangayikishije ubuyobozi bw’Igihugu kuko bikomeje kwangiza abanyarwanda batari bake by’umwihariko urubyiruko. Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’inzego zitandukanye zikaba zarahagurukiye ku rwanya buri wese ufite aho ahuriye n’ibiyobyabwenge.

Kuri ubu aba bombi n’ibyo bafatanwe bashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kugirango hakorwe iperereza kubyo bacyekwaho.

Ingingo ya 263  mu gitabo  gishya cy’amategeko ahana y’u Rwanda ivuga ko Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa  igifungo kuva  ku myaka irindwi(7)  kugeza ku gifungo cya  burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW)  ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.