Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Nzeri ahagana saa tanu abapolisi bakorera mu Karere ka Nyagatare bafashe abantu 52 bari mu rugo rwa Niyonsaba John w?imyaka 41 barimo gusenga. Aba bantu Polisi yabasanze mu cyumba barenze ku mabwiriza yose ajyanye no kwirinda icyorezo cya COVID-19. Bafatiwe mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Matimba, Akagari ka Matimba, Umudugudu wa Matimba.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y?Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamduni Twizeyimana yavuze ko bariya bantu kugira ngo bafatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n?urubyiruko rw?abakorerabushake bari banyuze kuri urwo rugo bumva abantu benshi barimo kuririmba banasenga.
Ati? Ruriya rubyiruko rw?abakorerabushake bamaze kumva abo bantu basenga kuko bari benshi bashise bahamagara Polisi. Abapolisi baraje basanga abantu bikingiraniye mu cyumba gifunganye barimo kuririmba abandi basenga, nta n?umwe wari wambaye agapfukamunwa, nta ntera yari hagati y?umuntu n?undi kandi n?amadirishya y?icyo cyumba yari afunze.?
CIP Twizeyimana yagaragarije abafashwe ndetse n?abandi baturage ko imyitwarire ya bariya baturage ishobora guteza ibibazo bikomeye byo kwanduzanya icyorezo cya COVID-19 kandi kigakwira mu bantu benshi kuko bari banaturutse ahantu hatandukanye.
Ati?Bariya baturage harimo 15 bari baturutse mu Murenge wa Musheri abandi ni abo mu Murenge wa Matimba, twabagaragarije ko muri bo hashobora kuba harimo abanduye COVID-19 bakaba bayanduza abo bari kumwe nabo bakazajya kuyanduza abandi. Twabagaragarije ko kutambara agapfukamunwa noneho bakajya mu makoraniro y?abantu bangana kuriya banateraniye ahantu hafunganye kuriya nta n?umwuka mwiza winjira mu nzu bikurura ibyago byinshi byo kwanduzanya COVID-19.?
Abafashwe bagaragarijwe ko Leta yashyizeho uburyo bwo gukora amasengesho n?andi makoraniro hubahirijwe amabwiriza yo kwirinda COVID-19 aho abashaka gusenga bagomba kujya mu nsegero zujuje ibisabwa, kandi amasengesho bakayakorera ahantu hazwi.
Abafashwe uko ari 52 bari baturutse mu matorero atandukanye,bari bayobowe na Kamayumugisha Speciose w'imyaka 37 ari nawe mugore wa nyiri urugo Niyonsaba John ariko we utari uhari ubwo bakoraga ayo materaniro. Bose bashyikirijwe inzego zibishinzwe kugira ngo bacibwe amande banapimwe icyorezo cya COVID-19.

Kinyarwanda
English










