Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 18 Kanama nibwo Polisi ikorera mu karere ka Nyabihu yafatanye uwitwa Nyinawumuntu Frolence w'imyaka 26 amasashe ari mu makarito 300. Yafatiwe kuri bariyeri ya Polisi mu muhanda Kabaya-Mukamira. Yafashwe ari mu modoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange, afatirwa mu murenge wa Jomba nyuma y'uko Polisi isakiye imodoka yari arimo.
Umuvugizi wa Polisi mu ntara y'Iburengerazuba Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko yafashwe nyuma y'uko abapolisi basatse imodoka yari arimo.
Ati "Abapolisi bari mu kazi kabo ka buri munsi bahagarika imodoka Nyinawumuntu yari arimo bayisatse basangamo amakarito 300 arimo amasashe, babajije nyirayo basanga ni aye."
CIP Karekezi akomeza avuga ko Nyinawumuntu ndetse n'ayo masashe ye bahise bajyanwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Jomba kugira ngo hatangire iperereza.
Byari bisanzwe bivugwa ko hari abantu binjiza mu gihugu amasashe banyuze mu nzira zitazwi baturutse mu karere ka Rubavu ari naho Nyinawumuntu nawe yari ayavanye.
Yafashwe yari ajyaniye ayo masashe abandi bacuruzi bo mu karere ka Muhanga. Akaba akurikiranweho kuba umwe mu bantu bakwirakwiza bakanacuruza ibicuruzwa bitemewe n'amategeko mu bice bitandukanye by'igihugu.
Umuvugizi wa Polisi mu ntara y'Iburengerazuba yaburiye abantu ko muri iki gihe Polisi yakajije ibikorwa byo kurwanya ubucuruzi bwa magendu n'ibindi bicuruzwa binyuranyijwe n'amategeko harimo amasashe.
Yagiriye inama abaturage kujya bakoresha ibikoresho byemewe na Leta kandi bidafite icyo bitwaye ibidukikije kandi bifite isuku.
Mu kwezi gushize Polisi ikorera mu karere ka Nyagatare yafashe undi mugabo wari ufite amasashe 18,600. Muri Kamena, Polisi ikorera mu karere ka Gisagara yari amakarito 20 arimo amasashe 4,000. Ni mugihe mu karere ka Kayonza na Burera hari hafatiwe amasashe agera ku bihumbi 62,800.
Itegeko No 17/2019 mu ingingo ya 3 ivuga ko bibujijwe gukora, gukoresha gutumiza mu mahanga cyangwa gucuruza amasashe n'ibindi bikoresho bikozwe muri pulasitike bibujijwe mu Rwanda.
Ingingo ya 10 ivuga ko umuntu utumiza amasashe n'ibindi bikoresho bya pulasitike bikoreshwa inshuro imwe yamburwa ibyo bikoresho byose ndetse agacibwa amande mu rwego rw'ubutegetsi ahwanye n'inshuro icumi z'agaciro z'ayo masashe cyangwa pulasitike zikoreshwa inshuro imwe.
Ingingo ya 12 ivuga ko ucuruza amasashe n'ibikoresho bya pulasitike bikoreshwa inshuro imwe acibwa amande angana n'amafaranga y'u Rwanda ibihumbi 300,000 ndetse akamburwa ibyo bikoresho yafatanwe.

Kinyarwanda
English










