Polisi y'u Rwanda ikorera mu karere ka Nyabihu, ku itariki 11 Mata 2015, yafashe amakarito 70 y'amavuta yo kwisiga y'amiganano atujuje ubuziranenge yitwa Caro Light na bule 1800 z'urumogi.
Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu ntara y'uburengerazuba, Inspector of Police (IP) Théobard Kanamugire, yavuze ko izo bule 1800 zafatiwe mu nzu ya Uwimana Emerithe, ufite imyaka 28, utuye mu kagari ka Kora mu murenge wa Bigogwe.
Yavuze ko Polisi yafashe Nyirarukundo Françoise, wari umaze kugura urwo rumogi, uwari umaze kurumugurisha witwa Uwimana agacika akaba agishakishwa.
IP Kanamugire yavuze ko ayo makarito 70 y'amavuta y'amiganano yo kwisiga atujuje ubuziranenge yafatanywe Muhawenimana Solange ufite imyaka 30 akaba yarafatiwe aho abagenzi bategera imodoka mu murenge wa Mukamira yayahishe mu bikapu.
IP Kanamugire yagize ati: "Urumogi, kimwe n'ibindi biyobyabwenge, uretse kuba bitemewe kunyobwa, gutundwa no gucuruzwa mu Rwanda, bitera uwabinyoye gukora ibyaha, birimo gukubita no gukomeretsa, ubujura, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gufata ku ngufu no gusambanya abana, kuko nta bwenge aba afite."
Yakomeje agira ati," "Kubishoramo amafaranga n'ukuyapfusha ubusa, kuko iyo bifashwe birasenywa ndetse ubifatiwemo agafungwa, hanyuma agasigara ari umutwaro ku muryango we n'igihugu, kuko aba yitabwaho kandi adakora. Ibi bigira ingaruka mbi ku iterambere ry'umuryango we n'igihugu muri rusange".
Yakanguriye abaturage gucuruza ibintu byemewe n'amategeko , kandi bagatanga amakuru ku gihe ku bakora ibyaha muri rusange.
IP Kanamugire yavuze ko Nyirarukundo na Muhawenimana bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Mukamira mu gihe iperereza rikomeje.
Ingingo ya 593 y'igitabo cy'amategeko ahana y'u Rwanda ivuga ko, guhinga, gukora, guhindura, kugurisha, gutunda, kubika no kunywa ibiyobyabwenge bibujijwe keretse mu bihe no mu buryo byagenwe n'itegeko.
Iya 594 ivuga ko, umuntu wese unywa, witera, uhumeka, wisiga cyangwa ukoresha ubundi buryo ubwo ari bwo bwose bw'ibiyobyabwenge n'urusobe rw'imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n'amategeko, ahanishwa igifungo kuva ku mwaka umwe kugeza ku myaka itatu n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda kuva ku bihumbi mirongo itanu kugeza ku bihumbi magana atanu.
Kinyarwanda
English











