Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Nyabihu: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bishyiriyeho amatsinda yo gukumira no kurwanya ibyaha

Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare , abo bita Abanyonzi, bakorera mu murenge wa Mukamira, mu karere ka Nyabihu, bibumbiye muri koperative yabo yitwa “Mukamira Bicycle Transport Service” (MBTS), ku itariki 4 Ugushyingo 2015 bashyizeho uburyo bubahuza  mu kurwanya no gukumira ibyaha (Anti-Crime Club).

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda muri aka karere, Superintendent of Police (SP) Raphael Ngirabakunzi yitabiriye icyo gikorwa cyabo  cyabereye mu kagari ka Jaba, akaba yarabahuguye ku bijyanye n’uruhare rwabo mu kwicungira umutekano.

SP Ngirabakunzi yatangiye abwira abo banyonzi ko ibyaha biteza umutekano muke biterwa ahanini no kunywa ibiyobyabwenge, bityo ko bakwiye kubyirinda no kugira uruhare mu kubirwanya  no kubikumira.

Yabibabwiye agira ati:"Abanyoye ibiyobyabwenge nk’urumogi na  Kanyanga  bakora ibikorwa bibangamira ituze rya rubanda  birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gusambanya abana , gufata ku ngufu, urugomo, gukubita no gukomeretsa, n’ubujura."

Yakomeje agira ati:"Umutekano ni inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye. Buri wese akwiye kwirinda no kurwanya ikintu cyose kinyuranyije n’amategeko ndetse n’amabwiriza , ibyo akabikora atanga amakuru ku gihe yatuma gikumirwa no gufata abagikoze cyangwa abategura kugikora."

SP Ngirabakunzi  yabibukije kandi kubahiriza amategeko n’amabwiriza bigenga umwuga wabo  kugira ngo birinde gukora cyangwa guteza impanuka zihitana abantu ndetse zikanakomeretsa abatari bake kandi zikaba zangiza ibikorwa by’iterambere bitandukanye.

Yabashimiye uruhare bagira mu kwicungira umutekano, haba mu gihe bari mu kazi kabo ndetse n’aho batuye, maze abasaba gukomeza gukorana neza na Polisi y’u Rwanda bayiha amakuru yatuma harwanywa ndetse hakanakumirwa ibyaha.

Umuyobozi wa koperative yabo yitwa “Mukamira Bicycle Transport Service” Mushimiyimana Jean Bosco yasezeranyije Polisi y’u Rwanda muri aka karere ko bazakomeza gutanga umusanzu wabo nk’abandi banyarwanda  mu kwicungira umutekano.

Yagize ati:"Dukora umwuga wacu neza kuko hari umutekano usesuye mu gihugu.Tugomba rero kwirinda ikintu cyose gishobora kuwuhungabanya kandi  tukagira uruhare mu kukirwanya no kugikumira.

Yashoje ijambo rye asaba bagenzi be gukurikiza inama bagiriwe no gushyira mu bikorwa ibyo biyemeje.