Turatsinze Gaston w'imyaka 32 yafashwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Ukuboza yafatiwe mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro butemewe m'amategeko. Yafatiwe mu Karere ka Ngororero, Umurenge wa Muhororo, Akagari ka Rusororo, Umudugudu Gapfura.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko Turatsinze yafashwe biturutse ku buyobozi bwa sosiyete yitwa NMC ikora ibikorwa by'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro mu Karere ka Ngororero.
Yagize ati "Turatsinze yari asanzwe ari umwe mu bakozi muri iriya sosiyete nyuma abazamu baza gutanga amakuru ko Turatsinze yitwikiriye ijoro agaruka mu kirombe acukura amabuye rwihishwa. Polisi yahise ikora igikorwa cyo kumufata."
CIP Karekezi yaburiye abantu bakora ibikorwa bitemewe n'amategeko akangurira abaturage kujya bihutira gutanga amakuru kugira ngo abacyekwaho ibyaha bafatwe.
Yagize ati" Nk 'umuntu wari warahawe akazi muri iriya sosiyete yakagombye azi neza amategeko agenga ubucukuzi bw 'amabuye y'agaciro, akaba abizi ko ugiye muri ibyo bikorwa agomba kuba abifitiye ibyangombwa."
Uwafashwe yahise ashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Ngororero kugira ngo hakorwe iperereza.
Itegeko N? 58/2018 ryo ku wa 13/08/2018 rigenga ubucukuzi bw?amabuye y?agaciro na kariyeri Ingingo ya 54 ivuga ko Umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya,ucuruza amabuye y?agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya, aba akoze icyaha.
Iyo abihamijwe n?urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y?amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n?ihazabu y?amafaranga y?u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano. Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw?amabuye y?agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.
Kinyarwanda
English











