Abayobozi b’imidugudu ,utugari ,abagize komite zo kwicungira umutekano CPC’s ,abagize urwego rw’umutekano (Dasso) n’abahagarariye inama y’abagore ku rwego rw’igihugu bo mu murenge wa Kibungo akarere ka Ngoma, kuri uyu wa gatatu tariki ya 17 Nzeri bahuriye mu nama yo kureba ibyagezweho no gufata ingamba zo gukomeza gucunga umutekano.
umupolisi ushinzwe guhuza Polisi n’abaturage muri ako karere ( DCLO ) Assistant Inspector of Police (AIP) Jean Pierre Ndayisaba yabwiye abitabiriye inama ububi bw’ibiyobyabwenge n’amoko yabyo, anasobanurira ingaruka zo kubikoresha.
Yabakanguriye kurwanya ibiyobyabwenge birinda kubinywa no kubicururuza , kuko aribyo bituma habaho ibyaha bitandukanye birimo gufata ku ngufu, ubujura ndetse n’ibindibyaha bishamikiyeho.
AIP Ndayisaba yabwiye abagize urwego rwa Dasso n’abagize komite zo kwicungira umutekano ko aribo bagomba kuba urufunguzo rwo guhindura ibitagenda neza kandi bakagira uruhare mu itera mbere ry’igihugu, barushaho gucunga umutekano no gutanga amakuru ku gihe bakarushaho kurangwa n’ubunyangamugayo.
Yabasabye gukomeza gushyira ingufu mu marondo aho babona birenze ubushobozi bwabo bakamenyesha izindi nzego z’umutekano zirimo Polisi.
Yasabye abahagarariye inama nkuru y’abagore gukomeza kurwanya no gukumira ibyaha bitandukanye cyane cyane ibishingiye ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kibungo Mapendo Gilbert, yabwiye abitabiriye inama cyane cyane abayobozi b’ibanze, gukorana n’abaturage kandi bakabakangura kwirinda kwishora mubikorwa bibi byo kunywa no gucuruza ibiyobyabwenge.
Yabasabye kuba intanga rugero no gutangira amakuru ku gihe ku bantu babona bishora mu ngeso mbi zibashora mu byaha.
Mapendon yabasabye kandi kujya bitabira gahunda za Leta zirimo umuganda wa buri kwezi ,gutanga ubwisungane mubuvuzi”Mutuelle de santé " n’ibindi bikorwa bya Leta bitandukanye.
Kinyarwanda
English











