Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Muri Half Marathon ikipe ya Polisi yegukanye umudali wa Feza iba iya kabiri

Kuri uyu wa 15 Ukuboza nibwo hari habaye irushanwa ryo kwiruka n’amaguru, aho biruka ibirometero 21, ni irushanwa rizwi ku izira rya Kigali Half Marathon.  Ikipe ya Polisi y’u Rwanda Police Athletic Club yabaye iya kabiri ndetse umukinnyi wayo witwa PC  Mutabazi Emmanuel  abasha kwitwara neza ahembwa umudali wa kabiri wa Feza. Uyu musore akaba yarakoresheje igihe kingana n’isaha imwe n'iminota 4 mu kwiruka biriya birometero 21, uwambere amurusha amasegonda make.


PC Mutabazi Emmanuel wegukanye umwanya wa kabiri ahembwa umudali wa FEZA 

Muri rusange ikipe ya  Police Athletic Club yari yaserukiwe n’abakinnyi 14 yabaye iya kabiri irushwa n’iya APR  Athletic Club yabaye iya mbere, mu  bakinnyi 10 baje mu myanya ya mbere harimo batatu b’ikipe ya Polisi. Ni irushanwa ryari ryitabiriwe  n’amakipe 17 yose y’imbere mu gihugu.  Umutoza wungirije wa Police Athletic Club, Assistant Inspector of Police(AIP) Sylvain Rukundo yashimiye abakinnyi be avuga ko irushanwa rya Kigali Half Marathon barikuyemo ubunararibonye ndetse  wari n’umwanya mwiza wo gukora imyitozo ibategurira kuzitabira amarushanwa ateganyijwe mu ntangiriro z’umwaka utaha wa 2020.

Yagize ati: “Urebye abakinnyi  bange bitwaye neza muri rusange,  nk’ikipe twabaye aba kabiri kandi twagize n’umukinnyi wabaye uwa kabiri yegukana umudali wa kabiri muri itatu yatangwaga. Iri rushanwa ryadufashije kwitegura  amarushanwa ari imbere mu ntangiriro z’umwaka utaha.”

Amwe muri ayo marushanwa harimo iryo ikipe y’iguhugu y’u Rwanda izitabira rizabera mu gihugu cya Polonye(Poland), muri iyo kipe y’igihugu Police Athletic Club ikazaba ifitemo abakinnyi 3, ndetse n’indi Half Marathon izabera mu ntara y’Amajyepfo muri Mutarama umwaka utaha.

Twabibutsa ko iri rushanwa rya Kigali Half Marathon ryaherukaga kuba mu mwaka wa 2007 rikitwa 20 kilometre de Kigali. Icyo gihe  uyu mutoza wungirije wa  Police  Athletic Club, AIP Rukundo Sylvain  akaba  ariwe wari wabaye uwa mbere yegukanye umudali wa  mbere wa  Zahabu.