Trending Now

Muhanga: Polisi yafashe umusore watwikaga amakara mu ishyamba rya leta

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Muhanga kuri uyu wa 06 Nzeri 2018  yafashe umusore w’imyaka 19 witwa Maniragaba Protais .Uyu  musore we na bagenzi be babiri bagishakishwa n’inzego z’umutekano  bakaba  bitwikiraga ijoro bagatema ishyamba rya leta riherereye mu  karere ka Muhanga mu murenge wa Rugendabari mu kagari Kanyana bakaritwikamo amakara.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police (CIP) Twizere Karekezi yavuze ko aba basore  batemaga igiti kimwe bakimuka bagatema  ikindi  ku buryo batabitemaga ahantu hamwe , gusa bakaba bari bamaze gutema ahangana n’ubuso bwa kimwe cya kabiri  cya hegitari (a50).

CIP Karekezi avuga ko   kugira ngo aya makuru amenyekane ndetse na bariya basore bakurikiranwe byaturutse ku bufatanye n’abaturage ubwo batangaga  amakuru mu bayobozi   mu nzego z’ibanze.

Umuyobozi w’umurenge wa Rugendabari  n’abagize urwego rwa DASSO  bakimara kumenya aya makuru bagiye kureba aho abo basore batwikira ishyamba bagezeyo babatera amabuye biba ngombwa ko  bitabaza Abapolisi.

CIP Karekezi yagize ati:”Abaturage nibo batanze amakuru ko hari abantu bitwikira ijoro  bagatwika ishyamba rya leta,umuyobozi w’umurenge yagiyeyo bamutera amabuye , nibwo nawe yabimenyesheje abapolisi bajya gufata abo basore”.

Akomeza  avuga ko  ubwo hakorwaga igikorwa cyo gufata abo basore batatu, bahise biruka barahunga ariko uwitwa Maniragaba Protais arafatwa. Akimara gufatwa yavuze ko bari bamaze amenzi  ane (4) batema ririya shyamba bakaritwika aho bari bamaze gutwika  ishyamba riri ku buso bwa kimwe cya kabiri cya hegitari.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo  avuga ko abacitse nabo barimo gushakishwa n’inzego z’umutekano,hakaba hari icyizere ko bazafatwa  kuko imyirondoro yabo izwi.

CIP Karekezi yashimiye abaturage ku ruhare bagize batanga amakuru abasaba gukomereza aho  ari umusanzu barimo gutanga wo kubaka igihugu.

Yakomeje yibutsa abaturage ko bagomba kugira uruhare mu kurinda amashyamba ya leta ndetse n’ibindi bidukikije kuko bibafite akamaro kanini ndetse kwangiza  ibidukikije bihanirwa n’amategeko.

Yagize ati:”Icyo dusaba abaturage ni ugukomeza kubungabunga urusobe rw’ibidukikije cyane cyane amashyamba, uretse  kuba bifite akamaro kanini ku buzima bwa muntu, kwangiza ibidukikije bihanirwa n’amategeko”.

Yasabye urubyiruko gucika ku ngeso mbi   yo gushaka gutungwa  n’ibitabavunnye, abasaba guhaguruka bakitoza gukora cyane bakirinda kuba bakwishora mu bikorwa byatuma  bafatwa bagafungwa.

CIP Karekezi yagize ati:”Uriya musore aracyari muto none agiye gufungwa, Icyo twasaba urubyiruko n’ukwitoza gukora cyane bakirinda kujya mu byaha bituma  bafungwa.”

Kuri ubu Maniragaba Protais polisi yamushyikirije Urwego rw’igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo akurikiranwe n’amategeko.

Ingingo ya 416 yo mu gitabo cy’amategeko ahana  ibyaha cya Repubulika y’u Rwanda  ivuga ko umuntu wese utwika, utema cyangwa utemesha ibiti n’uwica inyamaswa mu mashyamba arinzwe, mu byanya birinzwe no muri Pariki z’Igihugu, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku myaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atatu (300.000) kugeza kuri miliyoni ebyiri (2.000.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.