Ku munsi wa 18 wa shampiyona Police FC yari yakiriye Amagaju aho yegukanye amanota atatu y’uwo munsi, ni umukino wabereye kuri Stade ya Kicukiro urangira Police FC itsinze ibitego bibiri ku busa bw’ikipe y’Amagaju.
Police FC yerekanye umupira mwiza kuko yatangiye irusha Amagaju ariko ntibashe kubona igitego, ku munota wa 45 w’igice cya mbere ku burangare bw’umuzamu w’Amagaju, nibwo rutahizamu Mico Justin yafunguye amazamu, igice cyambere kirangira gutyo.
Mu gice cya kabiri kigitangira Mico nanone yaciye mu rihumye ba myugariro b’Amagaju atsinda igitego cya kabiri mu mukino cyanatumye ahita yuzuza ibitego 11, aba rutahizamu wa gatatu ufite ibitego byinshi nyuma ya Nahimana Shassir na Danny Usengimana.
Umukino warangiye Police FC yegukanye itsinzi bituma izamuka ku rutonde rwa shampiyona aho ihagaze ku mwanya wa 3 n’amanota 35, ku mukino utaha uzaba kuri uyu gatandatu , Police FC izahura na Gicumbi kuri Stade ya Gicumbi.
Magingo aya, Police FC niyo ifite ubusatirizi bukomeye aho ifite ibitego 24, Mico Justin akaba yaratsinze ibitego 11 naho Danny Usengimana uyoboye ba rutahizamu n’ibitego byinshi, yatsinze ibigera kuri 13.

CP Emmanuel Butera ashimira abakinnyi uburyo bitwaye neza ku mukino w'Amagaju

Abakinnyi nabo bagaragaje akanyamuneza nyuma yo gutsinda uyu mukino w'Amagaju
Kinyarwanda
English











