Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

KURWANYA IBIYOBYABWENGE: Polisi yafatanye umugabo udupfunyika tw’urumogi turenga ibihumbi bitanu

Polisi y’u Rwanda ikomeje ibikorwa byo kurwanya ibiyobyabwenge hirya no hino mu gihugu, aho yafatiye mu karere ka Muhanga, umugabo w’imyaka 37 wari utwaye kuri moto udupfunyika tw’urumogi 5139.

Ni nyuma y’uko mu Cyumweru gishize tariki 10 Gicurasi, yari yafatiye mu Karere ka Nyabihu, abagabo babiri nabo bari batwaye kuri moto igikapu kirimo udupfunyika 1,980 tw’urumogi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Habiyaremye yavuze ko uyu yafatiwe mu mudugudu wa Gasenyi mu kagari ka Nganzo mu murenge wa Muhanga, mu ijoro ryo ku itariki ya 18 Gicurasi, nyuma y’uko mugenzi we bari kumwe yahise yiruka.

Yagize ati:”Mu gicuku ahagana saa sita, abapolisi bari mu kazi bahagaritse moto yari iriho abagabo babiri, mu gihe moto itarahagarara, uwari inyuma ahita avaho ariruka aracika. Abapolisi bahise basaka igikapu bari bahetse basangamo umufuka urimo udupfunyika tw’urumogi 5139 niko guhita afatwa.”

Akimara gufatwa yavuze ko urwo rumogi bari barukuye mu Karere ka Nyabihu bakaba bari barugemuriye abakiriya mu Karere ka Muhanga.

CIP Habiyaremye yaburiye Abakomeje kwishora mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge, kuba babireka bagashaka imirimo yemewe bakora kuko imikwabu yo kubafata izakomeza bakagezwa mu butabera.

Uwafashwe yashyikirijwe urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Muhanga  kugira ngo hakorwe dosiye, mu gihe hagishakishwa uwo bari bari kumwe.

SOMA NA: NYABIHU: Babiri bafatanywe udupfunyika 1980 tw’urumogi

Mu Rwanda, urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho umuntu wese uhamijwe n’urukiko gukora, guhinga, guhindura, gutunda, kubika, guha undi, cyangwa kurugurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 ariko atarenze miliyoni 30.