Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Kirehe: Polisi na komite zo kwicungira umutekano bagiranye inama n’abayobozi b’inzego z’ibanze ku mutekano

Abayobozi b’inzego z’ibanze bagera kuri 200 naza komite zishinzwe kwicungira umutekano CPC’S bo mu murenge wa Gahara  akarere ka Kirehe kuri uyu wa kane tariki ya 2 Ukwakira   baganiriye ku mutekano barebera hamwe ibyagezweho maze bafata n’ingamba.

Inama ikaba yabereye mu mudugudu wa Ruhimba iyoborwa n’umunyamabanga  nshingwa bikorwa wa Gahara Anastase Hategekimana.

Hategekimana  akaba yaganirije abari bitabiriye inama ibirebana n’umutekano,amakimbirane abera mungo maze abakangurira kujyabatangira amakuru ku gihe ku kintu cyose ba bona cyateza umutekano muke aho batuye.

Yabasabye kwirinda ibihuha  ahubwo bagaharanira gukora ibibateza imbere bakarwanya ubukene aho gutegereza akimuhana kaza imvura ihise.

AIP  Gahigi harerimana ushinzwe guhuza Polisi n’abaturage ( DCLO ) mu karere ka Kirehe yasabye abaturage kujya birinda ibiyobyabwenge,n’amakimbirane yo mungo ,kandi bakarwanya ruswa.

Yabashimiye ubufatanye bwiza buri hagati yabo n’inzego z’umutekano mu gukumira no kurwanya ibyaha, maze abasaba gukomeza gushyiramo ingufu no gukomeza kubumbatira umutekano.

Yongeye kwibutsa abaturage kwicungira umutekano,bagatanga amakuru ku gihe kugira ngo ibyaha bishingiye ku ihohoterwa bikumirwe, cyane cyane ibyaha bikorerwa mu ngo by’umwihariko gukubita no gukomeretsa.