Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Kirehe na Ngoma : Abapolisi 230 bahakorera bakomeje igikorwa cyo gutanga amaraso yo gufasha indembe

Mu mpera z’icyumweru gishize  , kuri sitade Cyasemakamba mu karere ka Ngoma,  abapolisi  bagera ku 110  bakorera muri Ngoma n’abandi 120 bakorera muri Kirehe   batanze amaraso mu rwego rwo gufasha abantu bayakenera kugira ngo abikwe mu kigega cy’igihugu cy’amaraso cya  Rwanda biomedical center (RBC).

Ku ruhande rwa Polisi, iki gikorwa cyayobowe  n’umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kirehe , Senior Superintendent of Police(SSP) Callixte Kalisa  ari kumwe  na Tarika Jean Pierre , umukozi  w’ikigega cy’igihugu kibika kikanaha amaraso indembe ziyakeneye ( National center for blood transfusion) mu Ntara y’Iburasirazuba.

Nyuma y’igikorwa cyo gutanga amaraso, SSP Kalisa  yagejeje ijambo ku bapolisi bari bitabiriye icyo gikorwa cy’ubutabazi  maze avuga ko,  Polisi  igira inshingano nyinshi ziganjemo  gufatanya n’abaturage mu bikorwa by’umutekano no kwiteza imbere,  ariko bitayibuza  no gufashisha amaraso nka kimwe mu bikorwa byo gushyigikira gahunda y’ubuvuzi n’ubutabazi   bw’abantu bakomerekera mu mpanuka  cyangwa mu biza bitandukanye byose byatuma bakenera amaraso kimwe n’abafite uburwayi busaba kuyongererwa.

SSP Kalisa  yagize ati:”  Bumwe mu buryo bwo guteganyiriza ibiza nk’uko Polisi itajya ibura mu bikorwa by’ubutabazi cyangwa birwanya ibiza, ni igikorwa cyo gutanga amaraso kuko indembe ziyakenera  mu bitaro bitandukanye zihoraho, n’ubwo bataba benshi ariko tugomba gufasha ikigega cy’igihugu kiyabika kugirango kibone ayo gitanga bibaye ngombwa.”

Yakomeje avuga ko  gutanga amaraso ku bapolisi biri  mu rwego rwo gushyira mu bikorwa  amasezerano asanzwe yarasinywe hagati ya Polisi y’u Rwanda  n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gupima indwara (Rwanda Biomedical Center) ari nacyo gifite mu nshingano ikibika kikanatanga amaraso ku bayakeneye.

Asoza, SSP Kalisa yagize ati:” Twashyiraga mu bikorwa ibyo dusabwa n’ubuyobozi Polisi y’u Rwanda  bwiyemeje gufatanya  n’ibindi bigo byose ku neza y’Abanyarwanda kuko turindira umutekano abaturage bose  barimo n’ababuze ubufasha bw’amaraso kandi tubufite,  ubuzima bwabo nabwo buri mu nshingano zacu.”

Tarika  we yashimiye ubuyobozi bw’imitwe yombi ya Polisi  by’umwihariko na Polisi y’u Rwanda muri rusange ku bufasha bukomeye iha ikigo abereye umukozi  aho yagize ati:” Ntibyoroshye kubangikanya inshingano musanganywe  tuzi ko zitoroshye no gutanga amaraso , ni ibyo gushimwa kandi tuboneyeho gusaba n’ibindi bigo bitandukanye, ibya Leta n’ibyigenga ko byarebera kuri Polisi y’u Rwanda maze nabyo bigakangurira ababikoramo gutanga amaraso”

Uretse gutanga amaraso kandi, abapolisi bitabiriye iki gikorwa , bakorerwa n’igenzura ririmo ingano y’amaraso, uko umutima utera, umuvuduko w’amaraso, gupimwa izindi ndwara nka Hepatite, agakoko kanduza Sida n’izindi.

Iki gikorwa cyabereye mu mitwe ya Polisi muri Ngoma na Kirehe  kije gikurikira ikindi nkacyo cyabaye mu mpera z’ukwezi kw’Ukwakira  mu turere twa Rwamagana na Kayonza, kikitabirwa n’abapolisi 160 bakorera muri utwo turere, abapolisi  70 bakorera mu karere ka Bugesera bayatanze hagati mu kwezi k’Ugushyingo aho kigomba gukomereza mu yindi mitwe ya Polisi isigaye yose ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba.