Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Kirehe: Abagabo 2 bafatanywe ibiro 45 by’urumogi

Police ikorera mu karere ka  Kirehe  kuri uyu wa gatandatu tariki ya 27 Ukuboza,   yataye muri yombi uwitwa Pascal  Ndayisaba w’imyaka 20  na Damascene Vuguziga  ibafatanye urumogi rungana n’ibiro 45.

Aba bagabo  akaba barafatiwe mu murenge wa Gatore,akagari ka Cyunuzi ho mukarere ka Kirehe mu masaha ya saa tatu z’ijoro, nyuma yo gufatwa bakaba bagiye mu rugo kwa vuguziga  bahasanga igiti cy’urumogi cyari murugo iwe n’urundi rufunze mu masashe. Ubu bombi bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kirehe.

Mu gufatwa kwabo , Polisi  ikaba yabafashe barwikoreye mu mufuka ,kuberako yari ifite amakuru ko aba bagabo bakora ibikorwa byo gucuruza urumogi kandi bombi bakaba batuye mu murenge wa Gatore.

Uyu Ndayisaba wafashwe arwikoreye  akaba ahakana ko ari urwe  avugako  hari umuntu wari warumutumye utuye I Kigali ngo azamuhe amafaranga.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’iburasirazuba Inspector of Police Emmanuel Kayigi akaba akangurira abaturage kwirinda kwishora mu bikorwa bibi by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, no kubinywa kuko bibagiraho ingaruka.

IP Kayigi  yasabye abaturage gukomeza kugira ubufatanye na Polisi batangira amakuru ku gihe y’abacuruza ibiyobyabwenge kugirango abo banyabyaha bafatwe.

Aba bagabo ni baramuka bahamwe n’icyaha bazahanisha ingingo ya 594 y’igitabocy’amategeko ahana y’u Rwanda. Ibihano ku muntu ukoresha ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa  nka byo bitemewe n’amategeko akazahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka 3 kugera kuri 5 n’ihazabu yamafaranga 500,000 kugera kuri 5,000,000 z’amafaranga y’u Rwanda.