Kuri uyu wa kabiri tariki ya 19 Mata, Ishami rya Polisi y'u Rwanda rishinzwe kurwanya inkongi n'ubutabazi (Fire and Rescue Brigade) ryahuguye abakozi ba M Hotel iherereye mu karere ka Nyarugenge, mu murenge wa Muhima, akagari k'Ubumwe ku kwirinda no kurwanya inkongi.
Aya mahugurwa y?umunsi umwe yabereye mu cyumba cy?inama cy'iyi hotel ahabwa abakozi 33 bakora muri iyi Hoteli barimo, abatekinisiye bategura ibyo kurya no kunywa, abakozi ba hoteli, abashinzwe amasuku ndetse n?abashinzwe umutekano muri iyi Hoteli.
Abahuguwe basobanuriwe ibitera inkongi, amoko y'inkongi n'ibigize inkongi. Basobanuriwe uko bakumira inkongi, berekwa n'uko bakwirwanaho haramutse habaye inkongi ndetse banerekwa uko bakwitabara bazimya inkongi bakoresheje bimwe mu bikoresho birimo za kizimyamuriro n'uburingiti butose.
Umuyobozi w'ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya inkongi n'ubutabazi, Assistant Commissioner of Police (ACP) Paul Gatambira yavuze ko aya mahugurwa agamije guha ubumenyi abantu batandukanye ku gukumira inkongi no kuyirwanya mu gihe yaba ibaye.
Yagize ati: ?Abahugurwa basobanurirwa ibitera inkongi kugira ngo babyirinde kandi tukabereka uko bakwitabara mu gihe habaye inkongi. Ikindi tubereka ni uburyo ibikoresho bizimya umuriro bikoreshwa. Ku bakorera mu mahoteli tubereka n?uburyo batabara abakiriya babagana haramutse habaye inkongi."
Nyuma y?amahugurwa hasuwe hamwe mu hantu hashobora guteza inkongi muri iyi Hoteli nyuma abayobozi bayo bagirwa inama y?ibyo bakwiye gukosora.
Abaturage bakangurirwa guhamagara Polisi kuri telefoni: 111,112 cyangwa 0788311224 mu gihe habaye inkongi y'umuriro kugira ngo batabarwe byihuse.

Kinyarwanda
English










