Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

KIGALI: Abitabira Imurikagurisha barizezwa umutekano usesuye

Polisi y’u Rwanda yijeje umutekano usesuye abitabira imurikagurisha mpuzamahanga rya 2023 ririmo kubera i Gikondo mu karere ka Kicukiro ku nshuro ya 26.

Byagarutsweho kuri uyu wa Mbere tariki ya 31 Nyakanga 2023, n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, mu kiganiro n’itangazamakuru ubwo hafungurwaga ku mugaragaro iri murikagurisha.

CP Kabera yavuze ko ingamba zo gucungira umutekano abitabira imurikagurisha, n’ibikorwa byabo nk’uko bisanzwe ari ntamakemwa.

Yagize ati: “Nk’uko bisanzwe iri murikagurisha mpuzamahanga kimwe n’ayandi yaribanjirije ingamba zo kuricungira umutekano zirakomeza, kandi by’umwihariko mu rwego rwo guhangana n’impanuka zishobora gutera inkongi z’umuriro, Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kuzimya inkongi n’ubutabazi rirahari kandi ryateganyije ibikoresho byifashishwa mu kuzimya inkongi.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yashishikarije abitabira Imurikagurisha kugana Ishami rya Polisi rishinzwe kuzimya inkongi n’ubutabazi kugira ngo barusheho gusobanukirwa uburyo bwo gukumira no kurwanya inkongi kugira ngo babe babasha kuzikumira no kwitabara igihe bagitegereje ubundi butabazi.

Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda; Ngabitsinze Jean Chrisostome wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yavuze ko ari ibyo kwishimira kuba buri mwaka imurikagurisha rigenda rirushaho kuba ryiza.

Yagize ati:” Imurikagurisha rihuza abamurikabikorwa batandukanye baturuka mu bihugu byo hirya no hino ku Isi, bazana ibicuruzwa binyuranye. Twishimira uburyo buri mwaka birushaho kuba byiza kandi urubyiruko rugaragaza guhanga udushya rukagenda rwiyongera.”

Yakomeje avuga ko muri rusange ubucuruzi bugenda buzamuka, kandi ko imurikagurisha ribigiramo uruhare by’umwihariko ku mahirwe ritanga yo gusangira ubunararibonye no guhanga udushya mu bucuruzi.”

Jeanne Francoise Mubiligi, Umuyobozi w’urugaga rw’abikorera (PSF) yavuze ko imurikagurisha rifasha abashoramari batandukanye kurushaho kumenyekanisha ibikorwa byabo.

Yashimiye abafatanyabikorwa ku nkunga yabo mu kuritegura, anashimira by’umwihariko Polisi y’u Rwanda uburyo ibaba hafi, ikaricungira umutekano kuva ritangiye kugeza ku musozo.

Abamurikabikorwa 403 nibo biyandikishije kwitabira iri murikagurisha rya 2023, barimo 118 bo hanze y’igihugu, mu bihugu 22 byaryitabiriye birimo n’u Rwanda.