Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 03 Mata 2020 ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) rikorera muri sitasiyo ya Gikondo mu murenge wa Gatenga ryafashe uwitwa Mukakanani Chantal w’imyaka 27 na Ntahobavukira Jean Paul w’imyaka 40. Uyu Ntahobavukira bakunze kumwita Maguru, ubusanzwe mbere y’ibi bihe bya Coronavirus yari asanzwe atwara abagenzi kuri Moto (Umumotari), aba bombi bafatanwe udupfunyika tw’urumogi 90.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kagali, Chief Inspector of Police (CIP) Marie Gorette Umutesi avuga ko Polisi yari isanganywe amakuru ko Ntahobavukira na Mukakanani bakorana mu bucuruzi bw’urumogi.
Yagize ati “Abapolisi bajya kubona ruriya rumogi babanje gufata uriya Ntahobavukira usanzwe ari umumotari ariko akaba yaruranguraga akarushyira Mukakanani akarucuruza mu baturage.”
CIP Umutesi avuga ko kuri uyu wa Gatanu abapolisi babanje gufata Ntahobavukira agiye kurangura urumogi aho yarukuraga mu murenge wa Gatenga ariko afatwa batararumuha ahita abajyana kwa Mukakanani basanzwe bakorana.
Ati “Abapolisi bamaze kugera kwa Mukakanani yemeye ko yari asanzwe akorana na Ntahobavukira kuko we yaruranguraga akarumuzanira akarubika ndetse akanarucuruza undi we agakomeza imirimo yo gutwara abagenzi kuri moto.”
Umuvugizi wa Polisi yashimiye abaturage batanze amakuru yatumye bariya bantu bafatwa, abasaba gukomeza gutanga amakuru kandi bakayatangira ku gihe. Yaboneyeho kwibutsa abitwikira indi mirimo bajijisha bagamije gukora ibyaha, abibutsa ko bitazabahira kubera imikoranire y’inzego n’abaturage.
Aba bombi bahise bashyikirizwa urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gikondo kugira ngo bakorerwe idosiye.
Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.
Kinyarwanda
English











