Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Kicukiro: Motel yafunzwe by'agateganyo kubera gutorokesha ufite ubwandu bwa COVID-19

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 16 Kamena  Polisi y'u Rwanda n'ubuyobozi bw?Umurenge wa Nyarugunga bafunze by?agateganyo AIPORT INN MOTEL iherereye mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Nyarugunga, iyi Motel abayobozi bayo baracyekwaho gutorokesha umuntu wari uyicumbitsemo kandi afite ubwandu bwa Covid-19. Uwo muntu yari umunyarwanda wari uvuye mu gihugu cya Kuwait.

Umuvugizi wa Polisi y?u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko uyu mugenzi yavuye mu gihugu cya Kuwait  tariki ya 13 Kamena ageze ku kibuga cy?indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe nk?uko bisanzwe yapimwe icyorezo cya Covid-19 n?ikigo cy'Igihugu gishinzwe ubuzima (RBC) mu masaha ya saa cyenda  z?amanywa, nyuma ajya gutegerereza ibisubizo muri Airport Inn Motel. CP Kabera akomeza avuga ko ubuyobozi bwa Motel bwarenze ku mabwiriza y'inzego z'ubuzima bamusezerera batabanje guhabwa ibisubizo byavuye mu isuzuma uwo muturage yari yakorewe.

Yagize ati ?Uyu mugenzi nk?uko bisanzwe mu gihe yari agitegereje ibisubizo bya RBC yagiye gucumbika muri Airport Inn Motel iri hafi y?ikibuga cy?indege kuko n?abandi kenshi ariho bacumbika kugeza bahawe ibisubizo. Ntibategereje ko RBC ibaha ibisubizo ahubwo bo bwaracyeye baramusezerera aragenda."

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda yavuze ko hakirimo gushakishwa uwo muntu kuko aho yagiye harazwi. Yagaye abantu barimo kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 ahubwo bo bagakora ibyo bishakiye.

Ati "Ba nyiri iriya Motel bari basanzwe babizi ko iyo umugenzi atarabona ibisubizo atagomba kuva aho acumbitse ariko bo yaharaye ijoro rimwe bucya bamusezerera ngo agende kandi babizi ko inzego z'ubuzima zitaratanga ibisubizo bye."

Iyi Motel yafunzwe mu gihe cy'iminsi 90 nk 'uko biteganywa n'amabwiriza.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge iyi Motel iherereyemo, Uwamahoro Genevieve yavuze ko abayobozi b'iyi Motel barenze ku mabwiriza y'imicungire y'abarwayi ba Covid-19 ahubwo nabo bagira uruhare mu kuyikwirakwiza.

Ati "Birababje kubona Motel nk'iriya isanzwe yakira abakiriya ikanamenya ko umukiriya ahava ari uko RBC ibahaye ibisubizo bye ariko bo bakabirengaho. Tekereza uriya muntu abantu yagiye ahura nabo bose yarabanduje."

Uyu muyobozi yasabye abaturage muri rusange kudahishira umuntu bazi ko arwaye Covid-19 yarangiza akarenga ku mabwiriza yahawe n'inzego z'ubuzima.