Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Nzeri abantu 37 bagizwe n?abavuzi gakondo ndetse n?abarwayi babo bafatiwe mu Karere ka Kicukiro bateraniye mu nzu mu buryo bunyuranye n?amabwiriza yo kwirinda COVID-19. Bari bateraniye mu nzu y?uwitwa Habakubaho Alphonse w?imyaka 50 utuye mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Masaka, Akagari ka Cyima, Umudugudu wa Kabeza.
Ubwo berekwaga itangazamakuru kuri iki cyumweru tariki ya 19 Nzeri kuri sitade ya Kicukiro, Habakubaho yavuze ko abo bantu bateraniye mu nzu ye nawe ari kumwe nabo arimo kubavura nk?umuvuzi gakondo.

Yagize ati? Ndi umwe mu bavuzi kandi dukorera iwanjye mu rugo. Ubwo Polisi yadufataga twari dufite abarwayi turimo kugerageza kubavura, tujya twakira abarwayi rimwe na rimwe kwa muganga bananiwe kubavura, twari twarabihagaritse ibyo kuvura kubera icyorezo cya COVID-19 kugeza ubwo ejo twafatwaga. Tubikoyemo isomo ariyo mpamvu mbisabira imbabazi kuri Leta ndetse n?abaturage.?
Kajongi Jean Bosco, umuyobozi w?iryo tsinda ry?abavuzi yemeye amakosa bakoraga ayasabira imbabazi.
Ati? Twafashwe ubwo twarimo kuvura abantu nk?abavuzi gakondo, twari turimo kuvurira mu rugo rw?umwe muri twe. Nubwo twari dufite ibyangombwa byo gukorera muri koperative ariko twakoze amakosa turenga ku mabwiriza yo kurwanya icyorezo cya COVID-19,turabisabira imbabazi.?

Kajongi yakomeje avuga ko agiye gufata iya mbere kugira ngo ingamba z?ubuzima zubahirizwe kandi akangurire abantu kwikingiza icyorezo cya COVID-19 ndetse banakipimishe.
Umuvugizi wa Polisi y?u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko bariya bantu bafashwe biturutse ku mikoranire ya Polisi n?abaturage .
Ati? Itsinda ry?abantu 37 bafashwe ahagana saa kumi z?umugoroba bateraniye mu kumba gatoya k?inzu y?umwe wiyita umuvuzi gakondo. Amabwiriza yo kurwanya icyorezo cya COVID-19 yavuzwe kenshi anasubirwamo. Kuvuga ko uri umuvuzi gakondo ntibuguha uburenganzira bwo kurenga ku mabwiriza yo kurwanya icyorezo cya COVID-19.?
CP Kabera yakomeje yibutsa abantu ko COVID-19 itarangiye ababurira ko Polisi y?u Rwanda izakomeza ibikorwa byo gufata abarenga ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry?iki cyorezo.
Abafashwe bapimwe icyorezo cya COVID-19 ku kiguzi cyabo nyuma inzego zibishinzwe zibaca amande.
Kinyarwanda
English











