Kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Ugushyingo abayobozi b’akarere ka Kayonza n’inzego z’umutekano bahuriye mu nama maze barebera hamwe uburyo bakwiye gukomeza kubungabunga umutekano n’ingamba zafatwa kugirango habeho kurinda ibinyabuzima biba muri iyo Pariki.
Iyi nama ikaba yaritabiriwe n’umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya Pariki no gucunga umutekano wayo Deputé Sylvestre Ntirunkundiye,umuyobozi w’akarere ka Kayonza John Mugabo ari kumwe n’umuyobozi wa Polisi muri ako karere Superintendent Donath Kinani ndetse n’umuyobozi w’iyo Pariki Eugène Mutangana .
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza Mugabo yasabye abashinzwe kurinda Pariki kurinda abantu bishora muri Pariki bangiza ibiti cyane cyane ibiti bya kabaruka ndetse n’ibindi bikorwa byangiza Pariki kugirango habeho gukomeza kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima bya Pariki.
Yagize ati " Iyo bangije Pariki ntabwo bigira ingaruka gusa kuri pariki ahubwo bigira n’ingaruka k’ubukungu bw’igihugu, ndetse no ku mutekano akaba ariyo mpamvu hakwiye kurindwa neza .”
Superintendent Donath Kinani yasabye abashinzwe kurinda Pariki ko bakwiye kongera ingufu mu kurinda Pariki barwanya abantu binjira muri Pariki muburyo butemewe bangiza ibidukikije.
Yavuze ko abazajya bafatwa bazajya bashyikirizwa ubutabera kugira ngo bahanwe.
Deputé Ntirunkundiye ukuriye sosiyete icunga umutekano wa Pariki yavuze ko bagiye kongera ingufu zo kurinda umutekano wayo kugirango ba mukera rugendo nibaza bajye basanga ibidukikije n’inyamaswa zihaba bifite umutekano.
Kinyarwanda
English











