Mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abakora imirimo yo gucukura amabuye y’agaciro, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba yagiranye ibiganiro n ‘ubuyobzi bwa sosiyete ifite ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu mirenge yo mu karere ka Kayonza ndetse n’abanyamabanga Nshingwa bikorwa b’imirenge n’utugari bikorerwamo ubwo bucukuzi.
Ni inama yabaye Tariki 10 Ukwakira, ibera ku biro by’isosiyete izwi ku izina rya Walfram Mining and Processing Limited, ifite ibikorwa by’ubucukuzi mu mirenge ya Rwinkwavu, Murama, Mwili, Nyamirama na Kabarondo yose yo mu karere ka Kayonza.
Iyi nama yari iyobowe n’umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba Assisatant Commissioner of Police (ACP) Benoit Kayijuka.
ACP Kayijuka yasabye abayobozi b’iyi sosiyete kujya bita cyane ku buzima n’umutekano w’abakozi cyane cyane abinjira mu kirombe gucukura amabuye.
Yagize ati:”Ikintu mugomba kwitaho cyane ni ugukoresha abantu bafite ubwishingizi bw’ubuzima kuko mu birombe ntumenya aho impanuka izaturuka, ikindi kandi umucukuzi agomba kujya mu kirombe afite ibikoresho bimufasha mu kazi ke, nk’ingofero, itoroshi, ibikoresho byamwongerera umwuka igihe ageze ahantu kure, inkweto za bote(Boots) ndetse n’imyambaro yabugenewe(Amasarubeti)”.
Yanibukije kandi kujya bakorana na Minisiteri y’umutungo kamere hamwe na Rema kugirango habeho kubungabunga ibidukikije no kubirida.
Hari abantu bakunda kwitikira ijoro bakajya gucukura amabuye rwihishwa,abantu bazwi ku izina ry’imparata.
ACP Kayijuka yaboneyeho gusaba abayobozi b’imirenge ndetse na banyiri birombe gukaza umutekano w’ahacukurirwa amabuye.
Yagize ati:”Mu minsi ishize twumvise ko hari abantu batatu baje ari ninjoro bajya mu birombe gucukura rwihishwa, umwe biramugwira arapfa, babiri bararokoka,turabasaba ko mwafatanya mugakaza umutekano w’ahacukurirwa amabuye abaturage ntibazongere kuhagera.”
Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba yakomeje asaba abayobozi kwegera abaturage bakabashishikariza akamaro ko kuba mu mirenge yabo harimo ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Abakangurira kubabuza kujya bubakamo amazu cyangwa ngo baze kuharagira amatungo cyangwa ngo bibe amabuye ya banyiri birombe.
ACP Kayijuka yanashishikarije ba nyiri birombe kujya babana neza n’abaturage, bakajya batanga akazi bahereye ku baturage begereye ahakorerwa ubucukuzi.Gusa yabasabye kwirinda gukoresha abana bataruzuza imyaka y’ubukure.
Barinda Joseph,umuyobozi wa Sosiyete ya Walfram Mining and Processing Limited yashimiye umuyobozi wa Polisi ku mpanuro yabahaye,asezeranya kuzazikurikiza uko zakabaye.
Isosiyete y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro Rwinkwavu Walfram Mining Company yatangiye ibikorwa byayo guhera mu mwaka w’1946, ikorera mu mirenge ya Rwinkwavu, Murama, Mwili, Nyamirama na Kabarondo. Kuru ubu iyi sosiyete ifite abakozi bagera kuri 570.
Kinyarwanda
English











