Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Iburengerazuba, Inspector of Police (IP) Theobald Kanamugire yagiriye inama abatuye akarere ka Karongi kwirinda urugomo no kwihanira.
Ibi IP Kanamugire yabivuze nyuma y'uko tariki ya 19 Mata 2015, umugabo witwa Uwimana Anastase w'imyaka 27 y'amavuko, wo mu kagari ka Tongati, mu murenge wa Gashari muri ako karere, akomerekeje mu mutwe ku buryo bukomeye umubyeyi we witwa Ngiriyehe Alphonsine w'imyaka 61 akoresheje umuhoro.
Uwakomerekejwe yahise ajyanwa ku kigo nderabuzima cya Mwendo aho akomeje kwitabwaho n'abaganga, mu gihe Uwimana ukurikiranyweho iki cyaha we yahise ajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gashari, akaba ari naho afungiwe mu gihe iperereza rikorwa. Polisi muri aka karere, iravuga ko uyu muhungu na nyina bapfuye ikawa zo kugurisha, ariko ngo bakaba bari basanzwe batanumvikana. Andi makuru atangwa na bamwe mu baturanyi babo akaba avuga kandi ko uwo musore yari yasinze; ibi bikaba ari nabyo bishobora kuba ariyo ntandaro y'uru rugomo.
IP Kanamugire yakomeje asaba abaturage kwirinda amakimbirane yo mu miryango ndetse no mu baturanyi, ubusinzi n'ibindi biyobyabwenge nka kanyaga; ndetse bakanagira uruhare mu kubirwanya no kubikumira batanga amakuru ku babikoresha, haba ababinywa n'ababicuruza.
Yakomeje ashima imikoranire ya Polisi n'ubuyobozi bw'inzego z'ibanze mu bikorwa byo kubungabunga umutekano. Yavuze kandi ko ubusinzi buri mu bintu bitera urugomo muri uyu murenge, akaba avuga ko abaturage nyuma yo gusinda inzoga zitandukanye harimo na kanyanga usanga bakunda gusagarira bagenzi babo ibi bikaba bikunze no kuviramo bamwe gukomereka.
Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Iburengerazuba yakomeje avuga ko Polisi ikorera mu karere ka Korongi yashyizeho ingamba zo gukumira ibiyobyabwenge, zikaba zibanda cyane cyane mu gutanga inyigisho zigamije gushishikariza abaturage kwirinda ibiyobyabwenge.
Ingingo ya 148 yo mu gitabo cy'amategeko ahana y'u Rwanda iteganya ko, umuntu wese ubishaka, ukomeretsa undi cyangwa umukubita cyangwa umusagarira ku buryo bwa kiboko bubabaje, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku myaka ibiri (2) n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda kuva ku bihumbi ijana (100.000) kugeza ku bihumbi magana atanu (500.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.
Kinyarwanda
English











