Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Karongi: Abaturage babiri bafatanwe inzoga zitemewe

Kuri uyu wa 22 Gicurasi Polisi ikorera mu karere ka Karongi yameneye mu ruhame inzoga zitemewe litiro 1400 zafatanwe abaturage babiri bo mu kagari ka Kayenzi, umurenge wa Bwishyura.

Inzoga z’inkorano kimwe n’ibindi biyobyabwenge biza ku isonga mu kwica ubuzima bw’ababinywa bikagira n’uruhare mu guhungabanya umutekano w’abaturage. Akaba ariyo mpamvu Polisi y’u Rwanda ndetse n’izindi nzego kubufatanye n’abaturage babihagurukiye kugira ngo barengere ubuzima bw’abaturage n’umutekano wabo.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Innocent Gasasira yavuze ko nyuma y’uko abaturage batanze  amakuru ko hari abantu bakora inzoga z’inkorano zitemewe, Polisi ikorera mu murenge wa Bwishyura yahise ijya kubafata isangana Mukeshimana Marie Chantal w’imyaka 29, litiro 800 na Muhayimana Alphonse w’imyaka 32 nawe afite litiro 600.

Yagize ati “Abenshi mu baturage bamaze kumva no gusobanukirwa ububi n’ingaruka z’ibiyobyabwenge, kuko nibo basigaye bagira uruhare mu ifatwa ry’ababikora bakanabicuruza. Mu by’ukuri kubirwanya bibaye ibya buri wese nta kabuza byacika burundu.”

Yakomeje avuga ko ibiyobyabwenge biza ku isonga mu guteza umutekano mucye muduce byagaragayemo, kuko niho habarizwa gufata kungufu, gukubita no gukomeretsa,amakimbirane yo mu ngo, ubujura n’ibindi byinshi.

CIP Gasasira akomeza asobanurira abaturage ingaruka nyinshi z’izi nzoga, akabasaba kuzirinda kugira ngo babashe kugira umutekano usesuye n’iterambere rirambye.

Ati “ Ntimukifuze inyungu z’umurengera zibashora gucura ibitemewe n’amategeko. Iyo wishoye mu icuruzwa ry’izi nzoga, iyo uzifatanwe ziramenwa, ugacibwa amande, ugahomba ayo washoyemo nayo wifuzaga kubona ntube ukiyabonye, ahubwo bikagusigira ubukene kuri wowe ndetse n’umuryango.”

Yibukije abaturage ko iterambere ryabo aribo bagomba kurigiramo uruhare birinda ibiyobyabwenge n’ibindi byaha byose, bagacuruza ibicuruzwa byemewe n’amategeko, bakirinda gukora ibinyuranyije nayo kuko amategeko abereyeho guhana utayubahirije.

CIP Gasasira yagiriye inama abagifite umutima w’ibiyobyabwenge kubireka kuko ingamba zo kubirwanya zakajijwe. Ashimira abaturage ku makuru batanga kugira ngo abakora ibinyuranyije n’amategeko bafatwe.

Nyuma y’inama yahawe abaturage izi  nzoga zamenewe mu ruhame. Abazifatanwe bashyikirizwa umurenge kugira ngo bacibwe amande.
 
Amabwiriza y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubuziranenge (RSB) ateganya ko ubuyobozi bw’umurenge buca amande y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi 50 kugera ku bihumbi 500, ufashwe akora cyangwa acuruza inzoga z’inkorano ubundi zikamenerwa mu ruhame.