Kuri uyu wa mbere tariki ya 8 Ukuboza abakora umwuga w’uburobyi bagera 150 mu kiyaga cya Kivu bakanguriwe gukaza umutekano,gukumira ibyaha ndetse n’impanuka zibera mu mazi zigatwara ubuzima bw’abantu.
Iyi nama ikaba yabereye mu murenge wa Bwishyura,akagari ka Kibuye iyoborwa n’umuyobozi w’akarere Bernard Kayumba akaba yabasabye kwirinda impanuka zibera mu mazi kuko zitwara ubuzima bw’abantu.
Abitabiriye inama bakaba baraturutse mu mirenge ya Rubengera , Bwishyura , Mubuga na Gishyita .
Kayumba yasabye abo barobyi kwirinda gukoresha imitego itemewe n’amategeko mubiyaga harimo inzitiramubu bifashisha kandi zaratanzwe kugira ngo zirinde indwara zitandukanye nka marariya.
Yababwiye ko iyo barobesheje inzitiramubu byonona amafi matoya yakagombye kuzatanga umusaruro mugihe kiri imbere.
Inspector of Police Bosco Mugwaneza ukorera mu ishamirya Polisi rikorera mu mazi (Marine) yasabye abitabiriye inama ko bagomba kujya bambara amajire yobo mu gihe bagiye mu mazi kuko bibafasha kurinda ubuzima igihe habaye impanuka bari mu mazi.
IP Mugwaneza yasabye abo barobyi kujya bitwararika igihe bari mu mazi baroba kuko hari abagira uburangare ugasanga bararohamye cyangwa bagapakira amato yabo imizigo iremereye bikaba byateza impanuka zivamo gutwara ubuzima bw’abantu.
Célestin Simparinka wari witabiriye inama yashimiye Polisi y’u Rwanda uruhare igira mu kurinda umutekano w’abanyarwanda by’umwihariko abakorera mu kiyaga cya Kivu.
Kinyarwanda
English











