Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Kamonyi: Batatu mu bakwirakwizaga urumogi Polisi yabafashe

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ryafashe Ndikumana Vianney w'imyaka 28, Hakorimana Fabien w'imyaka 31 na Mukeshimana Josiane w'imyaka 21. Bafatanwe udupfunyika 875 tw'urumogi, bafatirwa mu Karere Kamonyi, Umurenge wa Runda, Akagari ka Ruyenzi, Umudugudu wa Nyagacaca. Bafashwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Ukuboza.

Umuvuzi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko bariya bantu bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n'abaturage.

Yagize ati "Polisi yabonye amakuru ko hari abantu barakwiza urumogi, twahise twihutira kubakurikirana. Hakorimana yafatanwe udupfunyika 131 agiye kurucuruza mu bakiriya be."

Yakomeje avugako nyuma yo gufata Hokorimana yatanze amakuru hafatwa Nkundimana nawe afatanwa udupfunyika 300 tw'urumogi. Hahise hanafatwa Mukeshimana umuturanyi wa Nkundimana, Mukeshimana yafatanwe udupfunyika 444.

SP Kanamugire avuga ko Nkundimana yiyemerera ko ariwe winjiza mu Rwanda urumogi anyuze mu nzira zitemewe arukuye mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

SP Kanamugire yashimiye abaturage batanze amakuru bigafasha Polisi gufata bariya bantu. Yavuze ko batanze umusanzu mu kurandura ibiyobyabwenge. Yakanguriye abantu kwirinda kujya mu bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge.

Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Runda.

Iteka rya minisitiri n? 001/moh/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw?ibiyobyabwenge n?ibyiciro byabyo rishyira ikiyobyabwenge cy?urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

Itegeko n?68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n?ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko  Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw?imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n?amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n?urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n?ihazabu y?amafaranga y?u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.