Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Kamonyi: Abantu 18 bafatiwe mu tubari twakoraga twarenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Mu ijoro rya tariki ya 4 Ukwakira Polisi ku bufatanye n?inzego z?ibanze zo mu Karere ka Kamonyi bakoze igikorwa cyo kugenzura iyubahirizwa ry?amabwiriza yo kurwanya icyorezo cya COVID-19. Muri ibyo bikorwa mu Murenge wa Runda mu tugari  twa Gihara na Ruyenzi hafatiwe abantu babiri bafunguye utubari batabifitiye uburenganzira ndetse banacuruza nyuma ya saa tatu.

Mu kabari k?uwitwa Claude Juma w?imyaka 33 hafatiwe abantu 13 naho mu kabari ka Mukeshimana Yvette w?imyaka 30 hafatiwe abantu 5.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y?Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko ba nyiri utubari bacuruzaga batabifite uburenganzira, banarenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19.

Yagize ati? Ubwo abapolisi bari mu bikorwa byo kugenzura iyubahirizwa ry?amabwiriza yo kurwanya icyorezo cya COVID-19 basanze bariya bantu mu tubari tubiri tw?abantu twavuze haruguru. Ba nyiri turiya tubari nta burenganzira bari barahawe n?ubuyobozi bw?inzego z?ibanze nk?uko amabwiriza abiteganya, bariya bantu kandi bari mu kabari nyuma y?amasaha yagenwe yo kuba buri muntu yageze iwe mu rugo.?

SP Kanamugire yakomeje yibutsa abafite utubari kujya babanza kwandikira abayobozi mu nzego z?ibanze kugira ngo baze bagenzure ko bujuje ibisabwa kugira ngo batangire gucuruza akabari. Yabibukije ko guhabwa uburenganzira bidakuraho kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 aho bagomba kujya bafunga utubari mbere y?isaha yagenwe yo kuba buri muntu yageze aho atuye nk?uko bigenda no kuzindi serivisi.

Abafatiwe mu tubari baganirijwe na Polisi ndetse bacibwa amande, ni mugihe utubari two twahise dufungwa ndetse bene two bacibwa amande nk?uko amabwiriza abiteganya.