Polisi y’u Rwanda yakiriye abayobozi b’umutwe w’ingabo ushinzwe gutabara igihe cyose aho bikomeyemu buryo bwo kugarura amahoro mu karere k’iburasirazuba.
Uyu mutwe ukaba waje kugenzura uburyo Polisi y’ u Rwanda yiteguye gutanga abapolisi ndetse nibikoresho bazifashisha muri uwo mutwe uhuriweho n’ ibihugu 10.
Ibyo bihugu akaba ari Uburundi, Comoros, Ethiopia,Tanzaninia, Kenya, Uganda, Rwanda , Seychelles, Somalia na Sudan.
Uyu mutwe ukaba waremejwe na Afurika yunze ubumwe mu mpera z’ukuboza 2014 ko uzaba watangiye imirimo yawo.
Aba bayobozi bakaba bashimiye uburyo Polisi y’u Rwanda yiteguye kohereza abapolisi 140 bazagenda mu itsinda rimwe na bandi 100 bazagenda nkabapolisi ku giti cyabo bose hamwe bakazaba ari 240.
Basuye kandi ibikesho nkimodoka, ibikoresho byomugikoni ndetse na bapolisi biteguye gujya muri uwo mutwe wa EASF.
Uyu mutwe wa EASF ukaba ugizwe n’ib ice 3 abasirikare , Polisi ndetse n’abasivire bashinzwe kubungabunga umutekano wabayobozi batandukanye baba bari mu butumwa bw’amahoro.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Damas Gatare akaba yatangaje ko u Rwanda rusanzwe rwiteguye, kuko rumaze kugira ubunararibonye mubijyanye no kubungabunga amahoro hirya no hino ku isi.
Kinyarwanda
English











