Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

Itangazo Rigenewe Abanyamakuru

Kuwa 15 Kanama, 2014-08-16

Kigali-Rwanda

Nyuma yuko hakorewe iperereza kuwaba yaragize uruhare mu bwicanyi bwakorewe umuryango w’ abantu 6 bo mu Karere ka Ruhango, tariki ya 1 Kanama uyu mwaka, Polisi yataye muri yombi umugabo witwa Baribwirumuhungu Sylvestre .

Uyu mugabo yatawe muri yombi tariki 15 Kanama, afatirwa  mu Karere ka Ngororero, umurenge wa Sovu, Akagari ka Kanyana, aho yari amaze iminsi yihishe ndetse akaba yari amaze guhindura amazina dore ko yari asigaye yitwa Habumugisha Etienne.

Kuri ubu uyu mugabo afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Ruhango.

Iperereza ry’ ibanze rya Polisi y’ igihugu, ryerekana ko yakoze ayo mahano nyuma yuko atorokeye gereza ya Mpanga nuko akaza guhungira murugo rwa Nyakwigendera.

Iperereza rya Polisi ryerekana kandi ko, Baribwirumuhungu steven yari afunganywe na Ngayaberura Sylvestre, uyu akaba ari umugabo wa nyakwigendera ndetse na se w’ abana 5 bose bishwe na Baribwirumuhungu.

Aba bagabo bombi ngo bakaba bari bafungiye muri gereza ya Mpanga.

Polisi y’ Igihugu ikomeje iperereza kugira ngo hatahurwe abandi baba bihishe inyuma yubu bwicanyi kugira ngo bashyikirizwe ubutabera.

Polisi y’ Igihugu irasaba abaturage gukomeza gufatanya nayo bayiha amakuru kugihe kugira ngo habashe gukorwa ubutabera.

Kubindi bisobanuro wahamagara kuri telefone : +250 788311550

ACP Damas Gatare, Umuvugizi wa Polisi y’ u Rwanda