Abagabo babiri bafatanywe ibiro 125 by’urumogi, abo bakaba ari: Muzigirwa Etienne wafashwe n’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi (Marine Unit) akaba yarasanganywe ibiro 40 by’urumogi n’Uwihoreye Joseph wafashwe na Polisi y’u Rwanda mu karere ka Kicukiro afite ibiro 85.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Uburengerazuba, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitayezu yavuze ko Muzigirwa,ufite imyaka 39, yafatiwe mu kiyaga cya Kivu,mu gice cyacyo cyo mu kagari ka Mubuga,mu murenge wa Gihondo,mu karere ka Nyamasheke ku itariki 19 Nyakanga 2015 ahagana saa cyenda z’igicamunsi apakiye ibyo biro 40 mu bwato.
SP Mbabazi yongeyeho ko abandi bantu babiri bari hamwe nawe bacitse bakibona Polisi bakaba bagishakishwa, naho Muzigirwa akaba afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Kanjongo mu gihe iperereza rikomeje.
Ku rundi ruhande,Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali,SP Modeste Mbabazi yavuze ko ibi biro 85 byari mu mifuka ibiri, umufuka umwe ukaba wari wikorewe n’Uwihoreye naho undi ukaba wari wikorewe n’undi bari hamwe wahise awukubita hasi akimara kubona Polisi y’u Rwanda ariruka.
SP Mbabazi yavuze ko Uwihoreye afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Kicukiro mu gihe iperereza rikomeje.
SP Hitayezu yagize ati:"Ntidusiba gusobanurira abantu ingaruka zo kunywa , gucuruza no gutunda urumogi n’ibindi biyobyabwenge ariko bamwe bahitamo kuvunira ibiti mu matwi bagakomeza kubikorara. Tuzakomeza kubakangurira kubireka kubera ko kwigisha ar’uguhozaho ".
Yibukije abaturage ko ibiyobyabwenge biri ku isonga mu bitera amakimbirane mu ngo ndetse ko bitera ababinyoye gukora ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa, ubujura, urugomo, gufata ku ngufu, no gusambanya abana, n’ihohotera rishingiye ku gitsina, irikorerwa abana n’abagore, maze asaba buri wese kubyirinda no kugira uruhare mu kurwanya inyobwa, icuruzwa, n’itundwa ryabyo.
Yagize ati:"Ibiyobyabwenge nk’uko bivugitse biyobya ubwenge bw’uwabinyoye kandi udafite ubwenge ntashobora gutera imbere. Uretse guteza amakimbirane mu ngo, biteza ubukene mu miryango kuko amafaranga yakabaye ateza imbere umuryango apfa ubusa kuko iyo bifashwe birangizwa kandi n’uwabifatanywe agafungwa, rimwe na rimwe igifungo kikajyaja n’amande".
Yagiriye inama abaturage yo gucuruza no kunywa ibinyobwa byemewe n’amategeko kandi byujuje ubuziranenge kandi abasaba kujya batanga amakuru ku gihe y’umuntu ubinywa, ubucuruza, n’ubikwirakwiza.
Kinyarwanda
English











