Intumwa zikora mu nzego zishinzwe kurwanya ruswa mu bihugu bya Mali, Burkinafaso na Congo Brazzaville; ku wa gatatu tariki 31 Gicurasi zasuye Polisi y’u Rwanda kugira ngo zihahe ubumenyi ku bijyanye n’uburyo Polisi y’u Rwanda ifatanya n’izindi nzego gukumira no kurwanya ruswa.
Ubwo iryo tsinda rigizwe n’abantu icumi ryageraga ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru ryakiriwe n’Umuvugizi wayo, Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege; akaba yari hamwe n’Umuyobozi w’Ishami ryayo rishinzwe ubugenzuzi bw’umurimo n’imyitwarire ndangamikorere, ACP Jean Nepo Mbonyumuvunyi.
Izo ntumwa zari ziherekejwe na Francine Umurungi; akaba ari umukozi w’Umuryango Mpuzamahanga utegamiye kuri Leta urwanya ruswa n’akarengane - Ishami ryawo ry’u Rwanda (Transparency International – Rwanda).
Mu byo abagize iryo tsinda baganirijweho harimo ingamba za Polisi y’u Rwanda zo kurwanya ruswa, uburyo ifatanya n’izindi nzego kuyikumira n’ibihano bihabwa uhamwe n’ibyaha byo kuyaka, kuyakira no kuyitanga.
ACP Mbonyumuvunyi yabwiye abo bashyitsi ko mu nzego Polisi y’u Rwanda ifatanya na zo kurwanya ruswa harimo iza Leta nk’Urwego rw’Umuvunyi na Minisiteri y’Ubutabera ; hakiyongeraho Imiryango itegamiye kuri Leta nka TI-Rwanda na Sosiyete Sivile.
Yagize ati,"Kurwanya ruswa biri mu byo Polisi y’u Rwanda yitaho cyane. Umupolisi ufashwe ayaka, ayakira cyangwa ayitanga arirukanwa hatitawe ku bwoko n’ingano byayo; kandi agakurikiranwa n’inzego z’ubutabera."
Yakomeje agira ati,"Ibyaha bya ruswa bigenda bigabanuka mu Rwanda uko imyaka ihita indi igataha bitewe n’ingamba zo kuyirwanya zirimo ubukangurambaga ku kuyirinda, ubufatanye mu kuyirwanya no guhana abakoze icyo cyaha.
ACP Mbonyumuvunyi yabwiye izo ntumwa ko mu ngamba Polisi y’u Rwanda yafashe zo kurwanya ruswa harimo gushyiraho Ishami rishinzwe ubugenzuzi bw’umurimo n’imyitwarire ndangamikorere y’abapolisi n’Umutwe ushinzwe imyitwarire y’abapolisi; mu byo izo nzego zishinzwe hakaba harimo gukumira ruswa muri Polisi y’u Rwanda.
Yagize kandi ati,"Kuba Raporo zitandukanye zishyira U Rwanda mu bihugu birangwamo ruswa nkeya; haba muri aka karere ndetse no ku isi; biterwa n’ingamba n’ubufatanye mu kuyirwanya. Na none ikoreshwa ry’Ikoranabuhanga mu isabwa n’itangwa rya serivisi za Polisi na byo bifasha cyane mu kuyikumira."
Izo ntumwa zabajije ibibazo bishingiye ahanini ku gushaka gusobanukirwa Politiki yo kurwanya ruswa mu Rwanda, imikoranire y’inzego z’ubuyobozi mu kuyikumira n’uruhare rw’abaturage mu gukumira icyo cyaha.
Mu kubasubiza, ACP Badege yagize ati,"Gufata ingamba zo kurwanya ruswa ntibihaje. Hagomba kubaho ubushake bwa Politiki bwo kurwanya icyo cyaha kigira ingaruka ku bukungu n’iterambere by’igihugu."
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yabwiye abo bashyitsi ko kurwanya ibyaha bya ruswa bisaba ubufatanye hagati y’inzego z’ubuyobozi zirimo iza Leta n’izigenga; kandi ko abaturage bagomba guhora bakangurirwa kuyirinda.
Kinyarwanda
English










