IGP Dan Munyuza yahaye impanuro abapolisi bagiye mu butumwa bw'amahoro muri Sudan y’Epfo
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 08 Ukwakira umuyobozi mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Dan Munyuza yaganirije abapolisi 176 bitegura kujya mu gihugu cya Sudani y'Epfo mu butumwa bw'umuryango w'abibumbye bugamije kubungabunga amahoro muri icyo gihugu. Inkuru nziza
Abapolisi b’u Rwanda 141 bakubutse mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo nyuma yo gusimburwa na bagenzi babo
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 09 Ukwakira nibwo itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda 141 bari bamaze amezi 18 mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo bageze mu Rwanda. Basimbuwe na bagezi babo 176 nabo bagiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu. https://www.police.gov.rw/rw/amakuru/news-detail/?tx_news_pi1%5Bnews%5D=15768&cHash=328b574bc72437298be0f9f6e874586cInkuru irambuye
Sudani y’Epfo: Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bambwitswe imidari y’ishimwe
Abapolisi b’u Rwanda bagera ku 159 bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bugamije kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 09 Ukwakira bambitswe imidari y’ishimwe bitewe n’uruhare bakomeje kugaragaza mu bikorwa mpuzamahanga bigamije kubungabunga amahoro kandi bakabikora kinyamwuga. Ni imidari bambitswe n’intumwa z’umuryango w’abibumbye ziri muri iki gihugu cya Sudani y’Epfo. Inkuru irambuye
Sudani y’Epfo: Abapolisi b’u Rwanda bahuguye abagize inzego z’umutekano k’ubutabazi bw’ibanze
Abapolisi b’u Rwanda bo mu ishami ry’ubuvuzi bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bugamije kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Ukwakira batangije igikorwa cyo kongerera ubumenyi abapolisi bo muri iki gihugu ku bijyanye n’ubutabazi bw’ibanze. Inkuru irambuye
Polisi yerekanye abagize itsinda ry’abakekwaho kwiba muri za sitasiyo zicuruza ibikomoka kuri Peteroli
Kuri uyu wa Kane tariki ya 08 Ukwakira, Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu 8 mu bari bagize itsinda ry’abantu 14. Aba baracyekwaho kwiba amafaranga arenga miliyoni 10 z’amafaranga y’u Rwanda mudasobwa 6 ndetse na telephone 8, bakaba bari bamaze kwiba kuri za sitasiyo 11 ziganjemo izo mu ntara y’Iburengerazuba. Inkuru irambuye
Polisi yafashe abaherutse kwica umuturage bamaze kwiba
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 07 Ukwakira ku cyicaro cya Polisi y'Umujyi wa Kigali herekanwe abasore batanu bakurikiranweho kugira uruhare mu rupfu rw'umuturage uherutse kwicirwa mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Masaka bakaniba ibintu mu nzu. Inkuru irambuye
Nyabihu: Uwakoraga inzoga zitujuje ubuziranenge yafatanwe litiro 1000
Ku makuru yatanzwe n’abaturage, kuri iki cyumweru tariki ya 4 Ukwakira Polisi ikorera mu Karere ka Nyabihu mu Murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kora yafashe uwitwa Sagahutu Yotam w’imyaka 57, yafatanwe litiro 1000 z’inzoga itujuje ubuziranenge, inzoga izwi ku izina rya “Dunda Ubwonko”. Inkuru irambuye
Rubavu: Yafatanwe amafaranga y'amahimbano arenga miliyoni 13
Polisi y'u Rwanda ikomeje ibikorwa byo gufata abakora amafaranga y'amahimbano bakanayakwirakwiza. Ni muri urwo rwego kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Ukwakira Polisi yafashe uwitwa Munguyiko Djabil w'imyaka 23, yafatanwe amafaranga y'u Rwanda miliyoni 13 n'ibihumbi 600 y'amahimbano. Yafatiwe mu karere ka Rubavu mu murenge wa Rubavu mu kagari ka Byahi. Inkuru irambuye
Gatsibo: Mu rugo rw’umuturage hafatiwe imbaho 44 yatemaga mu ishyamba rya Leta
Polisi ikorera mu karere ka Gatsibo mu murenge wa Kageyo mu rugo rwa Mudaheranwa Telesphore w’imyaka 40 abapolisi bahasanze imbaho 44. Izi mbaho yazibazaga mu biti byo mu ishyamba rya Leta riri mu kagari ka Busetsa mu mudugudu wa Cyivugiza mu murenge wa Kageyo. Izi mbaho zafashwe kuri iki cyumweru tariki ya 4 Ukwakira. Inkuru irambuye
Kayonza: Polisi yafatanye umuturage ibihumbi 4700 by’amadorali y’Amerika y’amahimbano
Muri iki cyumweru dusoza mu ijoro rya tariki ya 08 Ukwakira nibwo Polisi ikorera mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Murama mu Kagari ka Rusave yafashe Musafiri Dickson w’imyaka 33. Abapolisi bamufatanye amadorali y’Amerika ibihumbi 4,700 ($), zari inoti z’ijana, ahwanye n’amafaranga y’u Rwanda arenga 4,500,000 akaba yari agiye kuyagura amabuye y’agaciro mu buryo bwa magendu. Inkuru irambuye
Kinyarwanda
English










