Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

INCAMAKEY’AMAKURU Y’INGENZI YATAMBUTSE KU RUBUGA RWA POLISI Y’U RWANDA MU CYUMWERUDUSOJE

COVID-19: Impanuka zo mu muhanda zikomeje kuba n’abantu baracyarenga ku mabwiriza -CP Kabera

Mu cyumweru kimwe gusa  mu gihugu hose habaye impanuka 15 zahitanye ubuzima bw’abantu 16.  Ni mu gihe hakigaragara imibare y’abantu batubahiriza amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, ibintu bitakangombye kuba bakigaragara nyuma y’amezi 6 atambutse u Rwanda rushyizeho ingamba zo kurwanya COVID-19.Inkuru irambuye

Rutsiro: Polisi yafatiye mu ngo z’abaturage amabuye y’agaciro arenga ibiro 370

Ku bufatanye n’abayobozi mu nzego z’ibanze, kuri iki cyumweru tariki ya 20 Nzeri Polisi yakoze igikorwa cyo kurwanya ubucukuzi n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro bikorwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ni igikorwa cyabereye mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Mukura, mu kagari ka Kagano mu midugudu ya Kazizi na Gakeri. Inkuru irambuye

Rutsiro: Batandatu bafatiwe mu bikorwa bya Polisi byo kurwanya ibyaha bikorerwa mu kiyaga cya Kivu

 
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Nzeri abapolisi bo mu ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi batabaye  Babonampoze Boniface w’imyaka  33 na Nsigeziragwa Ildefonse w’imyaka 43 ubwo bari bamaze kurohwa mu kiyaga cya Kivu n’abagizi ba nabi bashakaga kubiba ubwato n’imitego yabo.  Abakoze icyo gikorwa cy’ubugizi bwa nabi bafashwe uko ari bane, byabaye ahagana saa mbiri z’umugoroba,  bibera mu kiyaga cya Kivu mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Kigeyo mu kagari ka Nkora.Inkuru irambuye

Rutsiro: Polisi yagaruje moto yari yibwe umumotari

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Nzeri Polisi ikorera mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Manihira  yagaruje moto yo mu bwoko bwa TVS ifite ibirango RE 424W yari yibwe umumotari witwa Hafashimana Evariste w'imyaka 34. Moto yafatanwe uwitwa Bantegeye Jean Bosco. https://www.police.gov.rw/rw/amakuru/news-detail/?tx_news_pi1%5Bnews%5D=15718&cHash=646b6b062a61770441d344c37b7d5ae8Inkuru irambuye

Iburengerazuba: Polisi yagaruje imifuka 25 ya sima yari yibwe ahubakwa ibikorwa remezo

 
Ku bufatanye n’abaturage Polisi ikorera mu turere twa Rutsiro na Nyabihu yashoboye kugarura imifuka 25 ya sima yari yibwe ahubakwa ibikorwaremezo bya Leta. Mu karere ka Nyabihu hagarujwe imifuka 14 yibwe ahubakwaga amashuri  mu rwunge rw’amashuri rwa Nengo. Mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Gihango hafatiwe imifuka 11 yibwe ahubakwa umuhanda Gisiza-Murunda. Iyi mifuka ya sima yagarujwe mu bikorwa bya Polisi byabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 24 Nzeri. Inkuru irambuye

Kayonza: Abitwa Imparata bafashwe barwana ngo bajye kwiba amabuye y’agaciro mu kirombe

 
Polisi ikorera mu karere ka Kayonza mu murenge wa Rwinkwavu mu kagari ka Gihinga ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano bafashe abasore batatu baba mu itsinda ry’abitwa imparata. Bafashwe  ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane  tariki ya 24 Nzeri  barimo gukubita abarinzi  b’ikirombe cy’abashoramari gicukurwamo amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Walfram. Abafashwe ni uwitwa Musabire Angelo  w’imyaka 27, Mfitumukiza Jean  Pierre w’imyaka 26 na  Twizerimana Ezechiel  w’imyaka 22. Inkuru irambuye

Polisi yafashe abarobyi n'ibikoresho byabo ubwo bari mu kiyaga cya Kivu baroba binyuranyije n'amategeko

Ishami rya Polisi y'u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi rikomeje ibikorwa byo kurwanya uburobyi bukorerwa mu kiyaga cya Kivu ndetse n'ibindi byaha bibera muri iki kiyaga. Ni muri urwo rwego kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Nzeri abapolisi bo muri iri shami bafashe imitego yo mu bwoko bwa Kaningini ndetse n'amato byifashishwaga n'abaroba amafi binyuranyijwe n'amategeko. Ni igikorwa cyabereye mu kirwa cya Nkombo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi, hakaba hanafashwe abarobyi 4 barobaga binyuranyijwe n'amategeko.Inkuru irambuye

Rubavu: Polisi yafashe televiziyo 10 zijinzwaga mu gihugu mu buryo bwa magendu


Polisi ikorera mu karere ka Rubavu yafashe televiziyo 10 (Flat screen) zari zinjijwe mu gihugu mu buryo bwa magendu, abari bazizanye mu Rwanda bari banyuze mu nzira zitemewe. Izi televiziyo uko ari 10 zafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Nzeri, Twagiramungu Innocent w’imyaka 41  na Habarurema Athanase w’imyaka 36 bafashwe bakurikiranweho kugira uruhare mu iri iki gikorwa cy’ubucuruzi bwa magendu kuko zafatiwe aho bari bashinzwe gucunga umutekano. Inkuru irambuye