Trending Now
#

POLISI Y'U RWANDA

Serivisi - Kurinda - Ubunyangamugayo

#

INCAMAKE Y'AMAKURU Y'INGENZI YATAMBUTSE KU RUBUGA RWA POLISI MU CYUMWERU DUSOJE

Abapolisi 108 basoje amahugurwa abagira abarimu muri Polisi y?u Rwanda

Uyu munsi tariki ya 11 Werurwe mu ishuri rikuru rya Polisi (Police Training School  Gishari, PTS) riherereye mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Gishari  habereye umuhango wo gusoza amahugurwa y?Abapolisi 108 bitegura kuba abarimu muri Polisi y?U Rwanda.  Inkuru irambuye... 

Rubavu : Yafashwe agiye guha ruswa Umupolisi

Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 11 Werurwe yafashe Jean Claude Ndaribitse w?imyaka 37, agiye guha ruswa y?Amafaranga ibihumbi 5000 Umupolisi. Ibi byabereye mu muhanda  Musanze - Rubavu, mu Mudugudu wa Kabari, mu Kagali ka Nyamikongi, Umurenge wa Kanzenze.  Inkuru irambuye...

Amajyaruguru: Abantu 519 bahawe amahugurwa yo kurwanya inkongi


Polisi ishami rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi z'umuriro, kuri uyu wa kane tariki ya 10 Werurwe  ryahuguye abakozi 519  bakora mu isoko rya Musanze ( Musanze Modern Market)  no mu Bitaro bya Gatonde biherereye mu Karere ka  Gakenke.  Inkuru irambuye...

Nyagatare: Polisi yafashe batatu binjizaga mu gihugu ibiyobyabwenge bitandukanye


Polisi ikorera mu Karere ka Nyagatare kuri uyu wa Gatatu tariki ya 09 Werurwe, yafashe abantu batatu bari bafite urumogi ibiro 13 na Litiro 80 za kanyanga, bafashwe babitwaye kuri moto babivanye mu gihugu cya Uganda bakoresheje inzira zitemewe, byabereye mu Murenge wa Nyagatare, akagari ka Nyagatare, Umudugudu wa Nyagatare.  Inkuru irambuye...

Burera: Polisi yafashe babiri bafite amasashe arenga ibihumbi 100 atemewe gukoreshwa


Polisi ikorera mu Karere  ka Burera kuri uyu wa Kabiri tariki ya 8 Werurwe  yafashe abantu babiri bari bagiye kwinjiza mu gihugu amapaki 550 ahwanye n'amasashe ibihumbi 110 bayakuye mu gihugu cy'abaturanyi cya Uganda. Inkuru irambuye...

Polisi yafashe babiri bakurikiranweho gukwirakwiza urumogi


Polisi y?u Rwanda ikomeje umukwabu wo gufata abantu bakwirakwiza urumogi mu baturage mu bice bitandukanye by?igihugu, aho kuwa mbere tariki ya 7 Werurwe, hafashwe abantu babiri bakekwaho gukwirakwiza urumogi mu turere twa Rulindo na Nyabihu.  Inkuru irambuye... 

Bugesera: Polisi yafashe uwangizaga ibikorwaremezo by?amashanyarazi

Tariki ya 06 Weruwe Polisi ikorera mu Karere ka Bugesera ifatanije n?izindi nzego z?umutekano yafashe umugabo witwa Ngendambazi  Theoneste  w?imyaka 32 naho mugenzi we Nsekanabo  Theoneste w?imyaka 35 aracyashakishwa, bakurikiranweho icyaha cyo kwiba ibikoresho byifashishwa bubaka amapironi.  Inkuru irambuye...