Sudani y’Epfo: Abapolisi b’u Rwanda basangije ubumenyi mu by’umutekano bagenzi babo ba Sudani y’Epfo
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umurynago w’abibumbye mu gihugu cya Sudani y’Epfo(UNMISS) basangije ubumenyi bagenzi babo bo mu gihugu cya Sudani y’Epfo ku bijyanye no gukemura ibibazo bijyanye n’ihohotera rishingiye ku gitsina. Inkuru irambuye
Kigali: Polisi yafashe abantu 27 barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 bagahurira mungo
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 25 Mutarama ku biro bya Polisi ikorera mu Karere ka Nyarugenge Polisi y’u Rwanda yaherekaniye urubyiruko rw’abasore n’inkumi barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 bakoresha ibirori, bafashwe ku mugoroba wo ku itariki ya 24 Mutarama 2021. 16 bafatiwe mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Nyamirambo mu Kagari ka Mumena naho abandi 11 bafatiwe mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Remera, mu Kagari ka Nyabisindu Umudugudu wa Gihogere. Inkuru irambuye
PTS-Gishari : Abapolisi b’abaganga bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro batangiye amahugurwa
Abapolisi 24 bo muri Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki ya 25 Mutarama batangiye amahugurwa y’ibyumweru bitatu yo kongera ubumenyi mu bintu bitandukanye mu buganga. Amahugurwa arimo kubera mu ishuri ry’amahugurwa rya Polisi riherereye mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Gishari(PTS-Gishari). Inkuru irambuye
Huye: Mu ijoro rimwe mu kagari Polisi yahafatiye litiro zirenga 1,700 z’inzoga zitemewe
Mu ijoro rya Tariki ya 25 Mutarama kuva saa moya z’umugoroba kugeza saa sita z’ijoro Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Huye mu Murenge wa Huye yakoze igikorwa cyo kurwanya inzoga zitemewe zizwi ku izina rya Muriture. Ni igikorwa cyabereye mu midugudu 7 igize Akagari ka Nyakagezi, mu ngo 13 hafatiwemo litiro 1,730, hanafashwe abantu 13 barimo kunywa izo nzoga barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19. Inkuru irambuye
Kigali: Mu mugoroba umwe abantu 54 bafashwe bakora siporo mu masaha atemewe
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 26 Mutarama Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 54 bari mu bikorwa bya siporo ikorerwa hanze, abenshi barimo kwiruka. Bose bafatiwe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, bari biganjemo abasore n’inkumi. Inkuru irambuye
Polisi yafashe uwari ugiye kugonga abantu barimo kwishimira intsinzi y’ikipe y’Igihugu
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Mutarama Polisi y’u Rwanda yerekanye Ndayisaba Fabrice waraye ufashwe nyuma y'aho yari atwaye imodoka ifite ibirango RAC 176 H, yayitwaraga yasinze bimuviramo gukoresha umuvuduko ukabije aho yari agiye kugonga itsinda ry'abantu bari mu muhanda bishimira intsinzi y’ikipe y’Igihugu (Amavubi). Inkuru irambuye
Burera: Polisi yafashe umuturage wari ufite litiro zirenga 2,100 z'inzoga zitemewe
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Burera yafashe uwitwa Nsengiyumva Jean de la Paix afite litiro ibihumbi 2,130 z’inzoga zitemewe zizwi ku izina ry’ibikwangari. Yafashwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Mutarama afatirwa mu Karere ka Burera mu Murenge wa Rugarama Akagari ka Karangara. Inkuru irambuye
Kigali: Polisi yatwitse ibiyobyabwenge birimo ibiro 348 by’urumogi
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Mutarama Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali yatwitse ibiro 348 by’urumogi, amagarama 300 y’ikiyobyabwenge cya Mugo (Heroine) inamena litiro 4.5 z’ikiyobyabwenge cya Kanyanga. Byatwikiwe mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Nduba ahasanzwe hakusanyirizwa imyanda iva mu Mujyi wa Kigali. Inkuru irambuye
Nyagatare: Polisi yafashe umubyeyi wahannye umwana we by’indengakamere
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 23 Mutarama nibwo Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Rwempasha yafashe Uwamungu Jean Paul ufite imyaka 30 nyuma yo gukubita by’indengakamere agakomeretsa umwana we w’umuhugu w’imyaka 8. Byabereye mu Murenge wa Rwempasha mu Kagari ka Kenjojo Umudugudu wa Kenjojo ya Kabiri(Kenjojo II). Inkuru irambuye
Kinyarwanda
English










