Polisi y?u Rwanda yasezeye mu cyubahiro abapolisi bagiye mu kiruhuko cy?izabukuru
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Kanama ku cyicaro gikuru cya Polisi y? u Rwanda ku Kacyiru habereye umuhango wo gusezera mu cyubahiro abapolisi 216 bagiye mu kiruhuko cy?izabukuru harimo n?abandi batashye ku mpamvu zitandukanye. Ni umuhango wari uyobowe na Minisitiri w?Ubutabera akaba n?intumwa nkuru ya Leta Johnston Busingye. Inkuru irambuye...
Ba ofisiye bato muri Polisi y?u Rwanda bari mu masomo ajyanye n?imiyoborere bakoze urugendo shuri
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Kanama ba ofisiye bato 39 muri Polisi y?u Rwanda barimo kwiga amasomo ajyanye n?imiyoborere mu ishuri rikuru rya Polisi y?u Rwanda (NPC) riherereye mu Karere ka Musanze bakoze urugendo shuri. Uru rugendoshuri barukoze basura ingoro y?amateka n'urugamba rwo kubohora Igihugu, bakomeza banasura igicumbi cy'intwari z?Igihugu mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Remera. Inkuru irambuye...
https://www.police.gov.rw/rw/amakuru/news-detail/news/ba-ofisiye-bato-muri-polisi-y-u-rwanda-bari-mu-masomo-ajyanye-n-imiyoborere-bakoze-urugendo-shuri/COVID-19: Polisi yibukije abantu ko kuba hasubukuwe zimwe muri serivisi atari umwanya wo kurenga ku mabwiriza
Umuvugizi wa Polisi y?u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yibukije abaturarwanda ko kuba hasubukuwe zimwe muri serivisi ndetse n?ingendo atari umwanya wo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19. Yagarutse kuri bamwe mu bantu bakora ingendo zitari ngombwa nko gusurana, gutwara abagenzi barenga 50% mu modoka za rusange ndetse n?abakunda guhinyuza inzego zishinzwe kugenzura iyubahirizwa ry?amabwiriza. Inkuru irambuye...
Kigali: Abantu barenga 20 Polisi yabafatiye mu birori
Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki ya 01 Kanama ku kicaro cya Polisi ikorera mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Rwezamenyo Polisi yeretse itangazamakuru abantu 25 bafatiwe mu birori barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19. Bose bafatiwe mu Karere ka Gasabo, 19 bafatiwe mu Murenge wa Kimironko, Akagari ka Kibagabaga naho 6 bafatirwa mu Murenge wa Kacyiru. Inkuru irambuye...
Polisi yongeye kuburira abakoresha nabi uruhushya rwo kugenda
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 02 Kanama Polisi yerekanye umushoferi witwa Wibabara Jean Claude w'imyaka 28, yafashwe mu ijoro rya tariki ya 01 Kanama saa yine z'ijoro atwaye abantu yitwaje uruhushya yahawe rwo kujya ku kibuga mpuzamahanga cy'indege cya Kigali (KIA). Inkuru irambuye...
Mu bikorwa bya Polisi byo kurwanya ibiyobyabwenge abantu 8 bafatanwe ibiro by?urumogi birenga 60
Kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Kanama na tariki ya tariki ya 4 ishami rya Polisi y?u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye n?abandi bapolisi bakorera mu turere dutandukanye tw?Igihugu bafashe abantu bakwirakwizaga urumogi mu baturage. Muri ibyo bikorwa hafashwe udupfunyika 1,225 tw?urumogi n?ibiro 60 byarwo. Inkuru irambuye...
Gicumbi: Hatwitswe ibiyobyabwenge birimo litiro 348 za kanyanga
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 04 Kanama Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi ku bufatanye n?abayobozi mu nzego z?ibanze batwitse ibiyobyabwenge birimo litiro 348 za Kanyanga, udupfunyika tw?urumogi 1358, ibiro 5 by?ikiyobyabwenge cya Mayirungi n?ibiro 2 by?urumogi. Ibi biyobyabwenge byose byafatiwe mu bikorwa bya Polisi y?u Rwanda kuva muri Mutarama 2021 kugeza muri Nyakanga, byafatiwe mu Murenge wa Byumba mu tugari dutandukanye tugize uyu murenge. Inkuru irambuye...
Kamonyi: Abantu 10 bari kumwe n?abayobozi mu mudugudu bafatiwe mu kabari
Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki ya 1 Kanama ahagana saa kumi abantu 10 bafatiwe mu kabari barimo kunywa inzoga barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19. Bafatiwe mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Nyamiyaga, Akagari ka Kabashumba, Umudugudu wa Ruyumba. Inkuru irambuye...
https://www.police.gov.rw/rw/amakuru/news-detail/news/kamonyi-abantu-10-bari-kumwe-n-abayobozi-mu-mudugu-bafatiwe-mu-kabari/Kamonyi: Polisi yafatiye mu cyuho abagabo babiri bagerageza guha ruswa umupolisi
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 03 Kanama abapolisi bakorera mu Karere ka Kamonyi bashinzwe umutekano wo mu muhanda bafashe uwitwa Nzanana Evariste bakunze kwita Gakara na Nsanzipfura Augustin. Aba bombi bafashwe bagerageza guha ruswa umupolisi ushinzwe umutekano wo mu muhanda ingana n?amafaranga y?u Rwanda ibihumbi 50. Inkuru irambuye...
Kinyarwanda
English










